Muhanga: Uwicishije icyuma murumuna we w’imyaka 4 yasabiwe igihano

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, itariki 18 Ukwakira, Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishije mu ruhame ahakorewe icyaha mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Kinihira, Akagali ka Gitinda, Umudugudu wa Nyagatovu, uwitwa Nsengimana Eric ukurikiranweho icyaha cyo kwica umuvandimwe we ubushinjacyaha bukaba bwamusabiye igihano cy’igifungo cya burundu.

Ubushinjacyaha Bukuru bukurikiranyeho  uwitwa  Nsengimana Eric kuba yarishe murumuna we  witwa  Dusabimana  Claude wari  ufite imyaka ine  amuhoye ko yanze ko amutuma  kuvoma.

Ibi bikaba byarabaye ubwo umubyeyi wabo yari yabasize mu rugo akajya gukingiza umwana ariko asiga abwiye Nsengimana kuvoma akaza agateka, amaze kugenda Nsengimana  atuma murumuna we Dusabimana ngo aranga  ahita  amufata amujyana  munsi y’urugo   mu muringoti  aramuniga amutera icyuma  aramwica.

Mu kuburana Nsengimana yemeye icyaha ariko kubera ingaruka cyateje ndetse n’ubugome ndengakamere yagikoranye asabirwa igihano cy’igifungo cya burundu hashingiwe ku ngingo ya 107 y’itegeko  Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange nk’uko iyi nkuru dukesha ubushinjacyaha bukuru ivuga.

Urubanza ruzasomwa ku wa 25/10/2018 saa tanu aho icyaha cyakorewe

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *