Munyankindi Benoit wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umukino w’Amagare FERWACY yagejejwe imbere y’Urukiko arisobanura ku byaha aregwa birimo itonesha ,n’icyenewabo.
Kuri uyu wa Kane taliki 7 Nzeri 2023, nibwo uyu Munyankindi yageze imbere y’Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro aho akurikiranyweho gufata icyemezo gishingiye ku bushuti n’icyenewabo.
Ibi bishingira ku bivugwa ko yohereje umugore we nk’uhagarariye u Rwanda mu marushanwa y’umukino w’Amagare wabereye muri Ecosse.Ubushinjacyaha bugaragaza ko uyu Munyankindi yakoresheje ububasha yari afite agahesha VIZA umugore we Uwineza Providence kujya muri icyo gihugu nk’uri mu bahagarariye u Rwanda.
Uregwa yavuze kandi ko hari n’inama yabereye i Musanze itegura iri rushanwa ryagiyemo Providence, aho byanavuzwe ko n’umuturage usanzwe, yemerewe kuba yaherekeza abakinnyi bari bagiye muri iryo rushanwa, kandi ko FERWACY yagombaga kumufasha.
Ubushinjacyaha bwasabye ko Munyankindi yafungwa by’agateganyo.Yatawe muri yombi taliki 21 Kamena 2023.


