Minisitiri w’Ubutabera, Johnson Busingye, yagaragaje ko ubwandu bwa COVID-19 mu gihugu hose bwatangiye kugabanuka cyane, yibutsa rubanda gukomeza kwimakaza amabwiriza yo kwirinda kiriya cyorezo mu rwego rwo kugitsinda burundu.
Minisitiri Busingye yatanze ubu butumwa mu gihe imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza koko ko ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kugabanuka haba mu mujyi wa Kigali no mu turere tw’igihugu.
Imibare yo ku wa Gatandatu tariki ya 13 Gashyantare yerekana ko abantu 67 ari bo banduye COVID-19 mu gihugu, mu gihe abari bayikize bari 540 bose.
Usibye kuba ari bwo bwa mbere mu gihugu hari hagaragaye abantu 540 bakize COVID-19 mu munsi umwe, ni na bwo bwa mbere kuva tariki ya 25 Ukuboza 2020 mu gihugu hari hatagaragaye umuntu wishwe na COVID-19.
Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yo ku Cyumweru tariki ya 14 Gashyantare, yo igaragaza ko mu gihugu hagaragaye abanduye 76, ariko nanone ababarirwa muri 315 barakira, n’ubwo nanone hari abantu batatu batakaje ubuzima.
Bijyanye n’uko imibare y’ubwandu iri kugabanuka iy’abakira ikiyongera, Minisitiri Busingye usanzwe ari n’intumwa nkuru ya Leta ni byo yahereyeho ashimira Abanyarwanda bakomeje kugira uruhare mu igabanuka rya kiriya cyorezo, gusa abibutsa ko amabwiriza akiri ngombwa.
Ati: “Imibare iratanga ikizere mu gihugu hose! Muri Kigali icyorezo cyagabanutse bikomeye, mu turere ho ni ibindi bindi. Mwakoze cyane, cyane.”
Yunzemo ati: “Mucyo rero tutaba ari twe twitenguha, tutisubiza aho tuvuye. Dukomere ku gapfukamunwa, intera, isuku, twirinde amahuriro…”
Igabanuka ry’ubwandu bwa COVID-19 mu gihugu, rirahurirana no kuba u Rwanda rwatangiye gutanga inkingo za COVID-19 ruhereye ku bantu bafite ibyago byinshi byo kwandura kiriya cyorezo.
Ni igikorwa cyatangiye ku Cyumweru tariki ya 14 Gashyantare.
Minisiteri y’Ubuzima kuri Twitter yayo yavuze ko muri iki gikorwa cyo gukingira iri gukoresha inkingo nke yabonye binyuze mu bufatanye butandukanye igihugu gifitanye n’amahanga.
Minisante yavuze ko icyiciro cya mbere cyo gukingira kizakurikirwa n’ikindi kinini kizakingirirwamo umubare munini w’abaturage kizatangira mu minsi iri imbere.
Ni ibyitezweho kugabanya ubwandu bwa COVID-19 mu gihugu ku buryo bufatika, mu gihe inkingo zo muri COVAX zizatangwa zaba zifite koko ubudahangarwa bwo guhashya kiriya cyorezo.



2 Responses
Muri Kigali icyorezo cyagabanutse bikomeye, mu turere ho ni ibindi bindi_Busingye
Tubashimiye uburyo mutugezaho amakuru kugihe mukomereze aho.
Muri Kigali icyorezo cyagabanutse bikomeye, mu turere ho ni ibindi bindi_Busingye
Tubashimiye uburyo mutugezaho amakuru kugihe mukomereze aho.