Abasirikare babarirwa muri 40 ba Repubulika ya Sudani batawe muri yombi, nyuma yo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa kiriya gihugu kuri uyu wa Kabiri bikarangira uwo mugambi upfubye.
Abayobozi bakuru n’abasirikare bavuganye na CNN bavuze ko abagerageje guhirika ubutegetsi muri Sudani babanje kugerageza kwigarurira inyubako ikoreramo Televiziyo y’Igihugu iri mu mujyi wa Omdurman ndetse n’icyicaro gikuru cya gisirikare, gusa bikarangira uwo mugambi upfubye.
Televiziyo y’Igihugu muri Sudani yavuze ko “Habayeho kugerageza guhirika ubutegetsi, abaturage bagomba guhangana na byo. ”
Abayobozi muri Sudani bavuze ko abenshi mu basirikare bari inyuma y’uriya mugambi barimo n’abakuru bahise batabwa muri yombi.
Amakuru avuga ko kuri ubu i Khartoum mu murwa mukuru ndetse no mu mujyi wa Omdurman hamaze kurundwa abasirikare, ndetse ikiraro cyambuka uruzi rwa Nile kikaba cyafunzwe.
Reuters yavuze ko Umuvugizi w’Igisirikare cya Sudani, Mohamed Al Faki Suleiman yavuze ko abatawe muri yombi batangira guhatwa ibibazo mu gihe cya vuba.
Byitezwe kandi ko kuri uyu wa Kabiri igisirikare gisohora itangazo risobanura mu buryo birambuye ibyabaye.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


