Imiryango 10 yahoze ituye mu nzu za Nyakatsi ikaza kuzikurwamo igatuzwa mu Mudugudu wa Gakuku, mu Murenge wa Gataraga, mu karere ka Musanze, ivuga ko yubakiwe imisarani ikomeye kurusha inzu babamo bemeza ko zenda kubagwira.
Iyi miryango yose ibarizwa mu cyiciro cya mbere cyâubudehe, zimwe mu nzu ibamo zagiye zisenyuka, bakagenda basesekamo ibitambaro nâimifuka byashaje mu myenge yazo, Â kugira ngo bibarinde amahuhezi.

Abatuye muri uyu mudugudu kandi bubakiwe ubwiherero busize umucanga, bukinze ndetse bunateye sima, bityo bakavuga ko biherera aheza kurusha aho baba.
Uyu ati âAmazu twubakiwe ni mabi kuko mu minsi ishize urubariro ruherutse kugwa, W.C zirasirimutse kuko zinasize na sima, inzu ni mbi, nâikimenyimenyi dore zaratobotse,âŠâ.
Undi ati âInzu turimo ubu zirutwa nâimisarani, nkâubu imvura iramutse iguye najya gucumbika mu musarani se? aho turyama ni nko kuryama mu kinaniâ.
Nâuyu mubyeyi ati âAbantu bose iyo bageze aha baravuga bati âese aba bantu ko babarenganije, babubakiye imisarani myiza kandi inzu nta kigenda, ubuyobozi iyo tububajije ntacyo budusubiza, tubona ari ukwirengagiza bakavuga ngo tuziyubakira, ngo tuzabe hanze,âŠâ.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wâumurenge wa Gataraga, Sebashatsi Gasasira Jean Paul, aganira na RadioTv Flash, yavuze ko iki kibazo ubuyobozi bukizi, ngo bukaba bwiteguye kububakishiriza amatafari aho gukoresha ibiti.
Yagize ati âNkâuko mwabibonye iyi misarani ni myiza, nibyo, amazu yari yarubatswe nâumurenge mu 2011, kubera ko rero amazu yari yarazamuwe nâibiti kandi nâitaka akaba ari ingorabahizi, ubu turimo kubakisha inkarakara bitewe nâubushobozi dufite twahawe nâakarere na RDBâ.
Yakomeje avuga ko aba baturage babazi, byâumwihariko ko uko ubushobozi buzagenda buboneka na bo bazabubakira.
Â


