WhatsApp Image 2025-01-03 at 12.18.11_2613048f

Musanze FC yahagaritse Umugande

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Musanze FC yahagaritse myugariro wayo w’Umunya-Uganda, Bakaki Shafiki nyuma yo kurangwa n’imyitwarire itari iya kinyamwuga mu mukino wa shampiyona batsinzwemo na Vision FC ku munsi wa 15 wa shampiyona y’u Rwanda.

Amakuru yizewe avuga ko Shafiki yaba yaraketsweho ubugambanyi bwo gutanga amakuru y’ikipe mu buryo butemewe aho ibyo byatumye umutoza afata icyemezo cyo kumukura mu kibuga hakiri kare, gusa ibi ntibyashimishije uyu mukinnyi kuko yahise arakara, agenda atubahirije amabwiriza yo gukomeza gushyigikira bagenzi be bari bagisigaye mu mukino.

Bitangazwa ko uyu mukinnyi yahise ava kuri sitade akahasiga bagenzi be bari bazanye gukina uwo mukino.

Kuri ubu ikipe ya Musanze FC iri mu myiteguro ikomeye y’umukino w’ikirarane izakina na APR FC tariki ya 4 Mutarama 2024 kuri Stade Ubworoherane.

Nubwo babuze Bakaki Shafiki iyi kipe irimo gushaka uburyo bwo guhangana n’ikipe y’ingabo z’igihugu izwiho gukina neza kandi yifuza kotsa igitutu Rayon Sports zihanganiye igikombe cya shampiyona.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *