Ikipe ya Musanze FC yegukanye amanota atatu y’umunsi wa gatandatu wa shampiyona, nyuma yo gutera Etincelles FC mpaga y’ibitego 3-0.
Iyi kipe yo mu majyaruguru yari yasuye Etincelles FC kuri Stade Umuganda, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona.
Etincelles yatewe mpaga kuri uyu mukino, nyuma yo kunanirwa kuzana ku kibuga imbangukiragutabara.
Ibi bivuze ko Musanze FC ihise ikomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona n’amanota 13, irusha atatu APR FC iyikurikiye.


