Urwego Rukuru rw'Ubushinjacyaha rwamumaze impungenge

Musanze: Umugore w’uwahoze ari Visi Meya aratabaza Perezida Kagame n’umufasha we

Sangiza iyi nkuru

Umugore wa Ndabereye Augustin wahoze ari Visi Meya w’akarere ka Musanze ushinzwe iterambere n’ubukungu, aratabaza Perezida wa Repubulika, Paul Kagame n’umufasha we, Jeannette Kagame.

Ndabereye yegujwe kuri uyu mwanya mu karere ka Musanze ku mpamvu zirimo guhoza ku nkeke umugore we, kumukubita no kumukomeretsa. Ibi ni na byo byaha aburana mu rukiko rwisumbuye rwa Muhoza.

Mu buhamya burebure uyu mugore yanditse ku rubuga rwa Twitter, yavuze uburyo we na Ndabereye bari babanye mu makimbirane, hakaba ubwo amubujije kujya ku kazi, akamukubita, akamwima imfunguzo zo mu rugo, ngo hari n’ubwo yagiye arusimbuka igihe yabaga ashaka kumwica.

Uyu mugore arishinganisha, agasaba Perezida Kagame na Jeanette Kagame kumurenganura gusa Ubushinjacyaha Bukuru bwamumaze impungenge kuko ngo ikibazo buri kugikurikiranira hafi.

Ubushinjacyaha Bukuru buti: “Ntugire impungenge iki kibazo Ubushinjacyaha Bukuru burakizi kandi burimo kugikurikiranira hafi.”

Urwego Rukuru rw'Ubushinjacyaha rwamumaze impungenge
Urwego Rukuru rw’Ubushinjacyaha rwamumaze impungenge

Ubutumwa bwose bw’uyu mugore buri hano: https://twitter.com/KamarizaOlive/status/1216825544383352833

Nk’uko byatangakwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Ndabereye yatawe muri yombi tariki ya 30 Ukwakira 2019, akurikiranweho gukubita uyu mugore we, amukomeretsa bikomeye ndetse amupfura n’imisatsi, icyaha yakoze mu gitondo cy’uwo munsi nk’uko abaturanyi babo babitangarije itangazamakuru. Icyo gihe uwo mugore yajyanwe kuvurirwa mu bitaro bya Ruhengeri.

Tariki 9 Mutarama 2020, Ndabereye wari mu mpuzankano z’abagororwa, yaburanye urubanza rw’ifunga n’ifungurwa by’agateganyo ariko ubushinjacyaha buvuga ko butakwizera ko atazongera guhohotera umugore we n’ubwo we yavuze ko yakwikodeshereza indi nzu yo kubamo, ntabane n’umugore. Byari biteganyijwe ko urubanza rusomwa kuri uyu wa 14 Mutarama 2020 ariko amakuru atugezeho avuga ko ryamaze kwimurirwa tariki ya 29 Mutarama 2020.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *