Musanze: Umusore wishe umukunzi we yabigambiriye yakatiwe gufungwa burundu

Sangiza iyi nkuru

Urukiko  rwa Musanze rwakatiye igifungo cya burundu umuhungu witwa Safari Emmanuel nk’uko ubushinjacyaha bwari bwakimusabiye kubera icyaha  cy’ubwicanyi yakoreye umukunzi we yabigambiriye witwaga Iradukunda Rosine.

Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Musanze bwari bukurikiranye Safari Emmanuel  kubera icyaha akekwaho cyo kuba yarishe umukunzi we witwaga  Iradukunda  Rosine  .

Ni icyaha cyakozwe ku wa 27 Kamena 2018 mu gihe cya saa  moya z’ijoro   mu Mudugundu wa  Nyagasozi,  Akagari  ka Joma , Umurenge wa Rushashi  ubwo   Safari  Emmanuel  yabwiye    Iradukunda  Rosine  ngo bahure baganire  , kubera ko  Iradukunda  Rosine  yari asanzwe azi neza ko  Safari   amukunda  yaje kubimwemerera ajya guhura nawe aho bari bumvikanye  ku Murenge wa Ruli.

Safari  yaje  yitwaje  icyuma, ikibiriti  ndetse na  lisansi  rwihishwa .  Bakimara  guhura ,  Safari   yabajije  Iradukunda   ko amukunda  inshuro eshatu , Iradukunda amusubiza ko atamukunda . Safari   yagize umujinya , ahita  afata icyuma yari akenyereyeho  ku mukandara   ahita akimutera mu gatuza  yitura hasi , amujya hejuru amujombagura ibyuma  umubiri wose kugeza ubwo  abaje  gutabara basanze amara yasohotsemo.

Safari abazwa mu  bushinjacyaha,  yabajijwe impamvu yiyiciye umukunzi , asobanura ko yabitewe n’urukundo rukomeye yari amufitiye  rurenze   mu gihe we atamukunda  nk’ uko abyifuza .

Dosiye yashyikirijwe urukiko mu buryo bwihuse ku wa 06 Nyakanga 2018 ; urukiko narwo rumuburanisha  ku wa 10 Nyakanga 2018 . Ubushinjacyaha   bwamusabiye igihano cy’igifungo cya burundu kubera ko icyo cyaha cy’ubicanyi yagikoze kandi yakigambiriye. Uru rubanza rukaba rwarasomwe kuwa 20 Nyakanga 2018.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *