Museveni aziyamamaza no mu 2026 utabyumva ajye korora imbata- Twodong na Tanga ba NRM

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi wa Komisiyo y’Amatora mu ishyaka riri ku butegetsi muri Uganda, NRM witwa Tanga Odoi avuga ko Perezida Museveni Yoweli Kaguta azahagararira iryo shyaka mu matora y’umukuru w’igihugu mu 2026, naho Umunyamabanga mukuru wa NRM, Richard Twodong, akavuga ko abatabyumva bajya gukora ubworozi bw’imbata.

Ibi Tanga yabitangaje kuwa 11 Ugushyingo 2021 mu nama ya NRM yateguraga amatora ku guhatanira umwanya w’umuyobozi w’Akarere ka Kayunga ateganyijwe mu Kuboza 2021.

Ni inama yabereye mu Mujyi muto wa Kayunga ku ishuri ryisumbuye rya Namagabi. Tanga yagize ati ” Perezida Museveni ari hano uyu munsi, ejo ndetse no mu 2026.”

Kuri iyi ngingo, Umunyamabanga mukuru wa NRM, Richard Twodong, yunzemo ngo “Abatabyumva bajye korora imbata.”

Tanga yakomeje ati ” Niba hari umuntu wo muri NRM ushaka kuzaba umukandida ku mwanya wa perezida, abe aretse guta umwanya we.”

” Ntabwo dushobora gukina n’igihugu cyacu tugiha undi muntu. Bobi Wine ntacyo azi muri politiki. Ndamuzi naramwigishije muri kaminuza. Narabibabwiye ko njye NRM ninyirukana nzasubira kuri kaminuza nkigisha.”

Daily Monitor ivuga ko abandi bayobozi bari aho bari bumiwe. Amatora muri Kayunga ateganyijwe kuwa 16 Ukuboza 2021 gusa abo muri NRM barimo Rosemary Sseninde, ushinzwe ubukangurambaga muri NRM, Emmanuel Dombo, ushinzwe itumanaho mu bunyamabanga bukuru bwa NRM bari muri ako gace kuva mu cyumweru gishize.

Sseninde yavuze ko yumiwe ubwo yabonaga Museveni agize amajwi 32 % muri Kayunga mu matora ya perezida yo mu 2021. Avuga ko iki ari cyo gihe ngo Kayunga yikosore ku makosa yakoze yo kudatora Museveni. Ngo ” Utundi turere ntitwabonye aya mahirwe.”

Museveni wategetse Uganda kuva mu 1986 ntaravuga kuri iyi ngingo. Ibi biravugwa mu gihe umuhungu we, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ari we ushobora kuziyamamaza nk’uko bigenda bihwihwiswa. Ni amakuru we yakunze guhakana avuga ko nta mugambi wo kuba perezida afite.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *