Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yashimiye cyane mugenzi we uyobora Repubulika ya demukarasi ya Congo ku bwo kuba yaremereye ingabo z’igihugu cye guhiga abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa ADF.
Kuri uyu wa 21 Ukwakira 2023, Museveni yagize ati: “Duhaye icyubahiro nyakubahwa Tshisekedi ku kuba yaremeye gukorana natwe mu kurandura aba banyabyaha.” Ni nyuma y’ibitero bikomeye by’ingabo za Uganda kuri ADF.
Museveni yatangaje ko kuri uyu wa 21 Ukwakira izi ngabo zagabye igitero cy’indege kiremereye ku birindiro binini bya ADF muri RDC. Ati: “Twagiriye uruzinduko rwa nyarwo ku baterabwoba ba ADF muri Congo.”
Yakomeje asobanura ati: “Indege zacu zari mu bilometero 60 uturutse ku mupaka muri Ntoroko, zarashe ku kigo kinini cy’aba banyabyaha. Iki gitero cyari simusiga kubera ko cyarashe ku gipimo kandi indege y’ubutasi yabikurikiraniraga mu kirere.”
Museveni yatangaje ko abarwanyi b’uyu mutwe w’iterabwoba baherutse gutwika ikamyo no kwicira ba mukerarugendo muri Pariki yitiriwe Umwamikazi Elizabeth barakomeza guhigwa, bakaryozwa ubugizi bwa nabi bwabo.



One Response
Museveni yahaye Tshisekedi icyubahiro
M23 mukoreze aho ukuri kuzatsinda