Muzajya muraswa- Perezida Museveni abwira abatavuga rumwe na Leta

Sangiza iyi nkuru

Perezida  wa Uganda, yoweri Kaguta  Museveni yavuze ko inzego z’umutekano zikwiriye gukoresha uburyo butandukanye mu guhangana n’abatavuga rumwe na Leta harimo no kubarasa.

Mu itangazo ryo kuwa 28 Ukwakira 2018 rifite umutwe ugira uti” Amabwiriza yo guhangana n’abigaragambya,abakora iterabwoba,n’abakekwaho ibyaha”, Perezida Museveni avuga ko bishobora kuba ngombwa hagakoreshwa amasasu ya nyayo mu rwego rwo guhashya abanyabyaha.

Muri aya mabwiriza Museveni asobanura uburyo Abanyayuganda n’abanyamahanga bakwiye gufatwa igihe bakekwaho ibyaha.

Ku banyamahanga yagize ati” Aba ntibakwiriye gukubitwa, gusunikwa cyangwa kubakankamira na rimwe ku mpamvu iyo ari yo yose. Mujye mubavugisha mu kinyabupfura.”

Perezida Museveni avuga ko “abandi” bakwiye guhabwa ubutabera nk’ubwatalibani. Ati” Ku bandi, ubutabera bwa gitalibani burabategereje. Mushobora kubanyanyagizaho amazi byakwanga mukarasa mu kirere, byananirana mukabarasa.”

Uyu mukuru w’igihugu avuga ko bishoboka umwenegihugu yaraswa byemewe n’amategeko.

Ati” Hari igihe Umunyayuganda yaraswa byemewe n’amategeko . Muzajya muraswa. Polisi n’itakurasa cyangwa ngo igukomeretse ntizigera igufata ngo uryozwe ibyaha byawe.”

Umudepite utavuga rumwe na Leta, Ibrahim Semujju Nganda akimara kumva iri tangazo yavuze ko nta cyizere ritanga ku buzima bw’abaturage nk’uko Greatlakeswatchman dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Ati”  Nta cyizere iri tangazo ritanga. Iri ryatanzwe n’umuntu uzahajwe n’igitutu kimaze iminsi. Sinzi impamvu yatanze iri tangazo.”

Iri tangazo ritanzwe nyuma yaho mu minsi ishize urubyiruko rwiraye  mu mihanda ya Kampala rugatwika amapine n’ibindi rusaba ko Bobi Wine kugeza ubwo umuyobozi w’Urwego Rw’Iperereza rya Gisirikare CMI, Brig. Abel Kandiho amanukanye n’abasore be ahitwa Kireeka agira ngo yihere ijisho.

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *