Muzigurishe cyamunara cyangwa muzibage-Min. Rwamirama ku nka ziva mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri wungirije w’iby’amatungo muri Uganda, Rtd Lt Col Bright Kanyontore Rwamirama, aherutse gusaba abategetsi kudahizanwa igihe bafashe inka zivuye mu Rwanda ziba zinjiye mu buryo butemewe n’amategeko, asaba ko zabagwa cyangwa zikagurishwa muri cyamunara.

Abategetsi n’abashinzwe umutekano muri Ntungamo bahagarukijwe n’inka zinjizwa muri Uganda zivuye mu Rwanda zigiye kugurishwa, bakavuga ko zinjira bitemewe n’amategeko, ibishobora gukwirakwiza uburwayi, ingingo yatumye bashyiraho akato mu turere twinshi twegereye u Rwanda.

Minisitiri Rwamirama kuri iki kibazo, ati ” Ntimukajijinganye ku nka cyangwa abacuruzi. Mubafunge, inka muzigurishe muri cyamunara cyangwa muzibage.”

Abantu ntibaza muri Uganda, kubera iki inka zibyemererwa?

RDC ( Resident District Commissioner) w’Akarere ka Ntungamo muri Uganda, George Bakunda avuga ko ikibazo cy’inka ziva mu Rwanda giteye inkeke, akibaza impamvu Abanyarwanda batajya muri Uganda ariko inka zivuye muri icyo gihugu, zikaba zinjira muri Uganda.

RDC Bakunda avuga ko badashaka ko hari inka ziva mu Rwanda cyane izinyura inzira za panya. Ati ” Tumaze gufata ubugira gatatu imodoka zifite inka 300 zivuye mu Rwanda. Zimwe zinyura muri Rukiga, ahatari akato. Abacuruzi barafashwe barafungwa.”

Mu nkuru ya Daily Monitor, Bakunda yagize ati ” Mu gihe hashize imyaka itatu ntawe uhita ku mupaka w’ u Rwanda na Uganda, ntibyumvikana uko inka zemerewe kwinjira mu gihugu. Nta kintu cyo muri Uganda kijya mu Rwanda, yewe n’abantu ntibaza hano, kuki noneho inka zaza mu gihe turi no mu kato.”

Mu kureba uko ikibazo cyifashe, abategetsi muri Ntungamo bazengurutse igice cy’umupaka kuwa 28 Nyakanga.

Inkuru ya Daily Monitor ivuga ko ku bice byo ku mupaka mu Rwanda hari amasoko abiri y’inka zihendutse ku buryo abacuruzi benshi bo muri Uganda bayagana, bakinjiza inka baguze mu buryo butemewe banyuze Ntungamo.

Umuyobozi w’Akarere ka Ntungamo, Samuel Mucunguzi Rwakigoba, avuga ko iyo inka zinjira mu kavuyo, kugenzura indwara bigorana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *