Amagana y’abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Myanmar bafungiwe mu kigo cyo mu murwa mukuru kuri uyu wa Kabiri nyuma y’umunsi umwe igisirikare gihiritse ubutegetsi kigafunga abanyapolitiki bakuru barimo perezida w’iki gihugu, Aung San Suu Kyi.
Umwe mu badepite bavuganye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, avuga ko we na bagenzi be bagera kuri 400 babashije kuvugana mu kigo cya leta bafungiwemo kandi bavugana na bamwe mu babatoye kuri telephone ariko batemerewe kuhasohoka.
Yavuze ko abapolisi bari imbere muri iki kigo giherereye ahitwa Naypyidaw, mu gihe abasirikare bakirindiye hanze.
Uyu mudepite avuga ko abanyapolitiki babarizwa mu ishyaka ry’umukuru w’igihugu, National League for Democracy (NLD) n’abandi bo mu mashyaka mato baraye bafite ubwoba ko bajyanwa bakagirirwa nabi.
Undi mudepite wavuganye na AFP, yatangaje ko ahangayitse cyane, asobanura ikigo bafungiyemo nka gereza irangaye. Ati: “Ntabwo twemerewe gusohoka.”
Ihirika ry’ubutegetsi muri Myanmar rikaba ryarabaye mu gihe abadepite bagombaga kwitabira inteko rusange nshya. Igisirikare cyatangaje ko cyagombaga kugira icyo gikora kuko guverinoma ntacyo yakoze ku buriganya bwaranze amatora yo mu Ugushyingo, ishyaka rya Suu Kyi ryatsinze, igisirikare cyari cyasabye ko bukurikiranwa, no kuba yaremeye ko amatora aba yirengagije Coronavirus.


