Myugariro wigaragaje cyane muri AS Kigali arajya gusimbura Ange muri APR FC

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatandatu byitezwe ko isinyisha myugariro Karera Hassan wakiniraga AS Kigali, nk’umusimbura wa Mutsinzi Ange ugomba kwerekeza hanze y’igihugu.

Nta gihindutse Karera arasinya amasezerano y’imyaka ibiri muri iriya kipe yo ku Kimihurura.

Karera Hassan wari intizanyo ya Kiyovu Sports muri AS Kigali, ni umwe mu bari bayoboye ubwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali we na Emery Bayisenge, ibyatumye iyi kipe yegukana umwanya wa kabiri muri shampiyona y’umwaka w’imikino ushize.

Amakuru avuga ko Ange Mutsinzi ashobora kwerekeza mu kipe ya Renaissance Sportive de Berkane yo mu gihugu cya Maroc y’umutoza Florent IbengĂ© Ikwange.

Mu gihe Karera Hassan yaba yerekeje muri APR FC, araba abaye umukinnyi wa gatanu iyi kipe isinyishije, nyuma ya Nsabimana Aimable, Kwitonda Alliain ‘Bacca’, Mugisha Gilbert na Mugisha Bonheur wakiniraga Mukura VS.


Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *