Umuvugizi wa Polisi y’ u Rwanda (RNP), CP Kabera John Bosco avuga ko hari abantu basa nk’aho amabwiriza yo kwirinda COVID-19 babereyeho kunyuranya nayo baba mu migambi yo kubeshya, bahimba amyeri y’uburyo bayarengaho. Aganira na RBA, CP Kabera yavuze ko amayeri akoreshwa cyane n’abo mu Mujyi wa Kigali bayatahuye kandi ko n’andi ahimbwa bazayamenya. Ati ” Hari abantu basaba uruhushya bakigira mu bindi. Hari uwabajijwe niba koko yari yagiye kwa muganga arabyemeza ariko umwana bari kumwe avuga ko batagiyeyo, bari bibereye mu mujyi. Ndagira ngo tubabwire ko amayeri yose tuyazi kandi N’andi mayeri muzakoresha tuzayamenya.” Uyu mupolisi yasabye abaturage gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus, anasaba abantu kureka amanyanga yo kubeshya ko bari muri siporo, guhana impushya kandi abazisabye baba bazwi.


