N’Golo Kanté wari umukinnyi wo hagati muri Chelsea muri sezo(season) ishize y’Abongereza, byamaze kwemezwa ko yaba yamaze kugura ikipe yo mu kiciro cya gatatu mu Bubiligi.Uyu mukinnyi waguze ikipe yitwa Royal Excelsior Virton, kuri uyu wa Gatandatu nibwo aza guhererekanya ububasha na Flavio Becca wari usanzwe ari nyirayo nk’uko yabyemeje binyuze ku rubuga rw’iyi kipe.
Becca yari yafashe iyi kipe mu 2018 aza kuyigeza mu cyiciro cya kabiri ivuye mu cya gatatu ariko nyuma iza gutakaza imbaraga isubira inyuma muri season 2022-2023 .Mu minsi iri imbere hakaba hazatorwa ubuyobozi bushya bw’iyi kipe.
Flavio atangaza ko yishimiye kuba agiye guherereka ububasha n’umukinnyi rurangiranwa ariko ngo uretse nibyo akaba ari umugabo wujuje ibyangombwa by’abantu n’ubunyangamugayo.
Kanté aguze ikipe nyuma y’uko aherutse gutandukana n’ikipe ya Chelsea yari amazemo imyaka irindwi , aho agiye kwerekeza mu gihugu cya Soudi Arabia asanze mugenzi we Kalim Benzema basanzwe bakinana mu ikipe y’igihugu y’Ubufaransa.


