Nairobi: Umugore yarumye umukunzi we ugutwi araguca ku bwo kumuha Frw make y’itike

Sangiza iyi nkuru

Umugore wo muri Kenya witwa Zainab Ochero ari mu nkiko ku bwo kuruma umukunzi we, Joseph Karanja, ugutwi amuryoza kumuha amafaranga make yo gutega imodoka.

Uyu mugore yarumye ugutwi kwa Karanja kuko yari amuhaye amashilingi ya Kenya 100, ngo ayatege imodoka atahe ubwo yari yamusuye kuwa 21 Gashyantare 2022 ahagana saa munani z’ijoro, mu gace ka Kangemi mu Mujyi wa Nairobi.

Ibi byahise birakaza Zainab, aruma ugutwi kwa Karanja bari kumwe mu kabari, bituma kuwa 1 Werurwe 2022, agezwa mu nkiko.

Ibi ariko nk’uko ibinyamakuru byo muri Kenya bibivuga, byanuririye ku kuba buri ruhande rwarashinjaga urundi ugucana inyuma.

Uyu mugore utaha ahitwa Kawangware yaje asanga Karanja mu kabari, ari na we wari wamutumiye. Bashinjanyaga gucana inyuma ari nako bakomeza gusoma ku gatama.

Umugore yasabye Karanja kumwishyurira moto ngo atahe, amuha 100 gusa ahita amusimbukira aramuruma, undi ajyanwa mu bitaro.

Abaganga bavuze ko btashoboka ko ugutwi kwakongera gusubirana kuko kwangiritse bikomeye.

Umucamanza Charles Mwaniki yategetse ko Zainab ahamwa n’iki cyaha, gusa arekurwa atanze ingwate y’amashilingi ya Kenya ibihumbi 300.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *