Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko “yakabaye yarapfuye” iyo hataba amahirwe cyangwa Imana nyuma yo kugerageza kwica ku wa Gatandatu ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza muri Pennsylvania.
Muri kimwe mu biganiro bye bya mbere yatanze nyuma y’ibyabaye, Trump yabwiye itangazamakuru ryo muri Amerika ko yumva ko yarokotse “ku bw’amahirwe cyangwa Imana”.
Ati: “Ikintu gitangaje cyane ni uko ntabashije gusa guhindukiza [umutwe] ahubwo nawuhindukirije ku gihe gikwiye kandi ku buryo bukwiye”, akomeza avuga ko isasu ryamuciye ku gutwi ryashoboraga kumwica bitagoranye.
Ati: “Nagombye kuba napfuye, ntabwo nagombaga kuba ndi hano”.
Umwe mu bari bitabiriye kwiyamamaza kwa Trump yahasize ubuzima mu gihe abandi bantu babiri bakomeretse bikomeye. Umuntu witwaje imbunda wagabye icyo gitero na we wishwe, ni Thomas Matthew Crooks.
Trump yasobanuye uko yiyumvise nyuma yo kureba mu mbaga y’abantu amaze kumenya ko yarashwe.
Ati: “Ingufu zituruka ku baturage aho muri ako kanya, bahagaze gusa. Biragoye gusobanura uko nabyumvaga, ariko nari nzi ko Isi ireba.


