Ndicuza kuba ndi imbere yanyu nambaye amapingu_Kimenyi Yves

Sangiza iyi nkuru

Polisi y’Igihugu kuri uyu wa Gatandatu, yerekanye abantu batanu barimo umunyezamu wa Kiyovu Sports, Kimenyi Yves, nyuma yo kugaragara mu birori bya ‘Baby shower’ byabereye mu rugo rwe na Miss Uwase Muyango Claudine barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Kimenyi n’abo bari kumwe berekewe itangazamakuru kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rwezamenyo mu karere ka Nyarugenge.

Bane berekanwe na we barimo na Miss Ingabire Habibah wahagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Miss Supranational muri 2017, uyu akaba yageze kuri Sitasiyo ya Polisi atwaye imodoka ye mbere yo kwambikwa amapingu.

Kimenyi yabwiye itangazamakuru ko biriya birori batari babiteguye, ko ahubwo ari ‘Surprise’ inshuti z’umuryango we zakoreye umugore we Muyango Claudine.

Yavuze ko ababajwe cyane no kuba aya makosa yarabayeho bikaba bitumye amaze iminsi afunze ndetse hakiyongeraho kugaragara imbere ya camera yambaye amapingu.

Ati: “Ndicuza kuba ndi imbere yanyu nambaye amapingu ntanga message nk’iyi ngiyi, ntabwo ari ikintu cyiza kandi wenda nakabaye ntanga indi positive message ubutumwa bwiza], no kugira ngo Afande atubwire ko twananiranye, twananiwe amabwiriza hari bamwe batabonetse, urumva ni ikintu kibi ntakagombye kuba ngaragaramo.”

Kimenyi wishyikirije Polisi ubwe, yavuze ko biriya birori biba atari ari mu rugo, gusa akaba yari agomba kubibazwa nka nyirurugo.

Miss Ingabire Habibah na we uri mu berekanwe we yavuze ko bajya gukorera Muyango Baby Shower atari azi ko bishe amabwiriza, ngo kuko yibwiraga ko ibirori byemewe bijyanye n’uko amaze igihe arwaye.

Yavuze ko yicuza kuba yaragiye mu birori atazi neza ko byemewe, avuga ko bitazongera kumubaho.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu CP John Bosco Kabera, yavuze ko uretse bariya bantu batanu berekanwe, hakiri abandi batatu bagishakishwa.

Ati: “Bari abantu umunani kugeza ubu ni yo makuru dufite, ahangaha murabona ko hari batanu, hari batatu bakomeje kwihisha. Ariko icyo twavuga ni uko iyo wishe amabwiriza, ukica amategeko; uba wiyemeje. Nta mpamvu yo kwihisha Polisi cyangwa yo gutinya ko Polisi igufata, kuko ni byo uba wahisemo.”

CP Kabera yavuze ko bariya batatu bataraboneka bazwi amazina ndetse n’aho batuye, bityo ko kwihisha bidakuraho amakosa bakoze, ibyatumye abagira inama yo kwishyikiriza Polisi bakisobanura.

CP Kabera yibukije Abanyarwanda n’inzego zitandukanye ko bakwiye gufatanya mu guharanira iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

kimenyi.jpg

miss_habibah.jpg

kabera.jpg

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *