Nduhungirehe yakozwe ku mutima n’igikorwa cya Meya w’Akarere ka Bugesera

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Ushinzwe ibikorwa bya EAC, Amb. Olivier Nduhungirehe yashyize hanze ifoto ya Meya w’Akarere ka Bugesera, Richard mutabazi ari gukina n’umwana muto w’impunzi zivuye muri Libya.

Mu ntangiro z’iki cyumweru, ku nshuro ya mbere u Rwanda rwakiriye impunzi 66 zari zaraheze muri Libya. Muri aba umuto yari afite amezi atatu. Ubu zicumbikiwe mu Karere ka Bugesera ahitwa Gashora.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Amb. Nduhungirehe yashyizeho ifoto ya Meya Mutabazi ateruye ari nako akina n’umwana w’umuhungu muto Bwiza.com itabashije kumenya amazina n’imyaka ye.

EFeKTPhW4AAZ3Rb
Meya w’Akarere ka Bugesera akina n’umwana w’impunzi yavuye muri Libya/Ifoto: Twitter

Mu butumwa buherekeje ifoto, Nduhungirehe ati “ Uyu wambaye amadarubindi si Umunya-Eritrea cyangwa Umunya-Somalia uvuye muri Libya uri gukina n’umuhungu we nyuma yo kugera mu Rwanda. Ni Mutabazi Richard, Meya wa Bugesera uri guha ikaze umwana muto mwiza w’impunzi uvuye muri Libya.”

Capture 21

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Meya Mutabazi asanzwe azwiho gukora udushya twinshi tudakorwa n’abandi bayobozi. Akenshi agaragara ari gukora siporo zitakorohera bagenzi be. Azwiho kuba ari umuyobozi wegera abaturage.

Meya Mutabazi Richard yakoze ku mutima wa Amb. Nduhungirehe/ Ifoto: Twitter

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *