New York: Imam w’umusigiti na mugenzi we bishwe barashwe n’umuntu utamenyekanye

Sangiza iyi nkuru

Imam w’umusigiti mu mujyi wa New York n’umwe mu bamufashaga kuri uyu Gatandatu, itariki 13 Kanama 2016 ku manywa y’ihangu, barashwe n’umuntu wari wihishe wabashije no gucika. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu n’ubundi igipolisi kikaba kirinze gufata ubu bwicanyi nk’ubushingiye ku iyobokamana, ariko imbaga y’abasilamu ikaba yahise iteranira ahabereye ibi bintu ikamagana urwango rukomeje kugaragarizwa Abayisilamu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

2016-08-14t004937z_1862270357_s1aetvhkjhaa_rtrmadp_3_new-york-shooting_0

Imam Maulama Akonjee, ukomoka muri Bangladesh, yari azwi cyane mu gace ka Queens mu mujyi wa New York, aho yari amaze imyaka 4 ku mirimo ye. Abatangabuhamya ba mbere bakaba bavuga ko nta banzi yagiraga ndetse yari yubashwe n’abo yayoboraga kimwe n’abandi.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Ikibazo kiri kwibazwa rero kuri ubu ni ukumenya niba uyu imam yarishwe azira kuba umuyobozi mu idini ya islam. Kuri uyu wa Gatandatu mbere yo kwicwa, iyi nkuru dukesha RFI ivuga ko yari amaze kuyobora amasengesho ubwo umuntu wari uri mu ntambwe nke uvuye ku musigiti yamurasaga ndetse akanarasa mugenzi we bakoranaga.

2016-08-14t000554z_322378248_s1aetvhgmkaa_rtrmadp_3_new-york-shooting_0

Nyuma ya saa sita rero abayisilamu benshi biganjemo abakomoka muri Bangladesh nabo berekeje ahabereye ubwicanyi, bagaragaza ubwoba bafite imbere y’itangazamakuru bashimangira ko Abayisilamu muri iki gihe batarebwa neza.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *