Neymar mu marira nyuma yo kuvunikira mu mukino Brésil yatsinzemo Serbie

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu Neymar Jr, yagiriye imvune mu mukino w’Igikombe cy’Isi Ikipe y’Igihugu cye cya Brésil yaraye itsinzemo Serbie ibitego 2-0.

Ibitego byo mu gice cya kabiri cy’umukino bya rutahizamu Richarlson ni byo byafashije La Seleção kwegukana amanota atatu y’uyu mukino wari ishiraniro.

Neymar yasohotse mu kibuga mu minota 10 ya nyuma y’umukino, nyuma yo kugira imvune byaje kumenyekana ko ari iy’akagombambari.

Uyu musore wa PSG yo mu Bufaransa uyoboye abo Brésil yagenderagaho, yavunitse nyuma yo kugongana na Nikola Milenkovic bikaba ngombwa ko ahita asimburwa na Anthony Santos usanzwe akinira Manchester United.

Neymar wasohowe mu kibuga bamusindagiza nyuma yagaragaye ku ntebe y’abasimbura arira cyane.

Rodrigo Lasmar usanzwe ari umuganga w’Ikipe ya Brésil, yavuze ko Neymar yavunitse akagombambari ko ku kaguru ke k’ibiryo.

Yavuze ko batapfa gutangaza igihe uyu mukinnyi agomba kumara hanze y’ikibuga bataramukorera isuzuma ryimbitse yavuze ko rigomba kuba hagati y’amasaha 24 na 48.

Umutoza Tite wa Brésil cyakora cyo yabwiye abanyamakuru ko afite icyizere cy’uko azongera gukina indi mikino muri iriya mikino y’Igikombe cy’Isi ikomeje kubera muri Qatar.

Ati: “Neymar yagize ubu bubabare mu mukino wose, gusa ahitamo kwihangana mu rwego rwo gufasha ikipe. Ntibisanzwe ko yakwihanganira ubu buribwe bwose mu gihe ikipe iri gukina. Ndabizi neza rero ko Neymar azongera gukina mu gikombe cy’Isi. Azakina iki gikombe.”

Brésil nyuma yo gutsinda Serbie biteganyijwe ko izagaruka mu kibuga ku wa Gatanu w’icyumweru gitaha ihura na Caméroun; mu mukino wa kabiri w’itsinda.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *