Ngoma: Umubyeyi akurikiranweho kwiyicira umwana amuziza ibijumba

Sangiza iyi nkuru

Ku wa 17 Gicurasi 2021 Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma bwashyikirije Urukiko umugore ukekwaho kwica umuhungu we amuhoye ko yamuhekenyeye ibijumba yari agiye guteka.

Ibi byabereye ku itariki ya 03 Gicurasi 2021, mu Mudugudu wa Irebero, Akagali ka Rukoma, Umurenge wa Sake, Akarere ka Ngoma, ubwo umugore yarimo ahata ibijumba hanyuma umuhungu we akaza agatangira kubihekenya nyina biramurakaza ahita amukubita inkoni ebyiri umuturanyi wari aho arabakiza areka kumukubita.

Byageze aho uyu muhungu ajya muri centre agarutse mu rugo asanga nyina akirakaye , amukubita ikintu kitabashije kumenyekana mu musaya ahita agwa aho arapfa. Uyu mugore abonye ko uyu mwana we apfuye , yatangiye gutabaza kuko yari yavuye amaraso menshi mu mazuru no mu kanwa.

Ubu uregwa afungiye kuri kasho ya Sake aho ategereje kuburana ku ifungwa ry’agateganyo nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ikomeza ivuga.

Naramuka ahamwe n’ icyaha azahanishwa ingingo ya 107 y’itegeko NÂş 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange aho riteganya igifungo cya burundu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *