Ni amamiliyoni, ni amafaranga menshi- RIB ku ifatwa rya Padiri i Rwamagana

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi w’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB), Dr Murangira B. Thierry avuga ko umupadiri wa Paruwasi ya Rwamagana uherutse gufatwa yari abitse amafaranga avuga ko ” ari amamiliyoni”.

Inkuru yabaye kimomo kuwa 24 Kamena 2021, ko uyu mupadiri yafashwe bitewe no ” Kubika amafaranga menshi abantu bibye.

N’ubwo inkuru yamenyekanye ejo hashize, RIB ivuga ko ” Uwo mupadiri yafashwe kuwa gatatu.”

BBC imubajije ingano y’amafaranga basanze padiri abitse, Dr Murangira ati ” Ni amamiliyoni, ni amafaranga menshi. Ubu ntitwavuga ibirambuye byayo kuko iperereza riracyakorwa.”

padiri mukuru wa paruwasi yabo bamenye ko afunze akekwaho kubika amafaranga yibwe n’abandi bantu.

Hari abandi bantu bafashwe mbere y’uyu mupadiri, bigendanye n’ibyo ashinjwa, mbere y’uko RIB ijya gusaka mu kigo abamo nawe agafatwa.

Murangira avuga ko uyu mupadiri akekwaho icyaha cyo “guhisha ibintu bikomoka ku cyaha”, amategeko ateganya igifungo kitarenze imyaka ibiri ku muntu wahamwa n’icyo cyaha.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


XMA Header Image
Ingamba zikomeye kuri COVID-19 (GumMurugo, Guma Karere) Leta ifata zungura umuturage? Ninde uhomba?
youtube.com

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Ni amamiliyoni, ni amafaranga menshi- RIB ku ifatwa rya Padiri i Rwamagana
    Abanyamadini ni ba gafaranga.Muribuka 5 billions Frw bashinja abakuru ba ADEPR ko banyereje.Nyamara bakavuga ko ari abakozi b’Imana.

  2. Ni amamiliyoni, ni amafaranga menshi- RIB ku ifatwa rya Padiri i Rwamagana
    Abanyamadini ni ba gafaranga.Muribuka 5 billions Frw bashinja abakuru ba ADEPR ko banyereje.Nyamara bakavuga ko ari abakozi b’Imana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *