Niger: Umwe mu mitwe yitwaje intwaro isaba irekurwa rya Perezida Bazoum washimuse Perefe

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe abayobozi bahiritse ubutegetsi muri Niger bari yemeje ishimutwa rya Perefe wa Bilma n’intumwa yari ayoboye kuwa ku Gatanu, itariki ya 21 Kamena, icyo gitero cyaje kwigambwa n’umutwe wa Front Patriotique pour la Justice (FPJ), Uyu mutwe utandukanye n’undi witwa Front Patriotique pour la Libération (FPL) wasenye ku Cyumweru, kuwa 16 Kamena, umuyoboro wajyanaga peteroli muri Benin. Ariko, iyi mitwe yombi icyo isaba ni kimwe ni ukurekura perezida Bazoum wahiritswe ku butegetsi.

Ubu hari imitwe ibiri ya politiki yitwaje intwaro isaba irekurwa ry’uwahoze ari perezida Mohamed Bazoum kandi yatangiye gukubita ahababaza ubutegetsi bwa Niger.. Itsinda rishya rya politiki na gisirikare, kugeza ubu ritari rizwi muri Niger, ryarigaragaje. FPJ iyobowe na Mahamat Tori kugeza ubu utari uzwi, yatangaje ko ari yo iri inyuma y’igitero ku rukurikirane rw’imodoka zari kumwe na Perefe wa Bilma, Commandant Amadou Torda, n’ishimutwa rye ndetse n’itsinda rye ryose rishinzwe umutekano. Igitero cyabereye i Dirkou, mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatandatu, itariki ya 22 Kamena, FPJ yemeje ko iyo mirwano yatumye hapfa abasirikare babiri ba Niger, umwe mu bagize uyu mutwe ndetse hafatwa abantu batanu: perefe, umuyobozi wa brigade y’abajandarume n’abo ayoboye . Iki gitero nk’uko Mahamat Tori abitangaza ngo kigamije kugarura demokarasi muri Niger, ndetse no kurekuza uwahoze ari perezida wafunzwe n’abamuhiritse. Tori yagize ati: “Tuzakomeza iyi ntambara kugeza igihe Perezida Mohamed Bazoum azarekurwa.”

RFI iravuga ko ari umutwe wa kabiri w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi witwaje intwaro wagaragaye, nyuma ya Front Patriotique pour la Liberation (FPL) ya Mahmoud Sallah wangije umuyoboro wa peteroli w’isosiyete y’Abashinwa, Wapco, ku wa 16 Kamena. Iyo mitwe yombi ifite intego imwe: yombi isaba irekurwa rya Perezida Mohamed Bazoum.

Ku ruhande rwayo, guverinoma ya gisirikare iri ku butegetsi yemeje icyo gitero n’ishimutwa rya perefe: “nubwo bahanganye n’ubutwari kugeza barushijwe ubwinshi”, nk’uko bisobanurwa na Minisitiri w’umutekano wihanganishije imiryango y’abashimuswe n’imiryango yabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *