Igisirikari cya Nigeria cyatangaje ko kimaze guta muri yombi Abasirikare n’Abapolisi barenga 30 aho bashinjwa kugurisha intwaro imitwe y’inyeshyamba irimo n’iy’iterabwoba.
Umuvugizi w’igisirikare cya Nigeria, Ademola Owolana avuga ko abo basirikare n’abapolisi bafatiwe mu mukwabu umaze igihe uba muri icyo gihugu kuva mu kwezi kwa 8 umwaka ushize.
Ni mu gihe kandi iki gihugu kimaze igihe kinini gihanganye n’ibibazo by’umutekano muke, utezwa n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’uwa Boko Haram ubarizwa mu Majyaruguru ya Nigeria kuva mu myaka irenga 15 ishize.
Bisobanurwa ko hejuru ya 20% by’intwaro iyo mitwe ikoresha, bazigura n’abapolisi ndetse n’abasirikare b’iki gihugu cya Nigeria.
Abamaze gutabwa muri yombi bashinjwa ubu bucuruzi bw’intwaro harimo abasirikare 18, abapilisi 15 n’abasivile 8 barimo n’umuyobozi gakondo.
Iki gisirikari kandi gikomea gitangaza ko Iperereza rigikomeje muri Leta zigera kuri 11 z’aho muri Nigeria mu rwego rwo gushakisha n’abandi bihishe inyma y’ibikorwa byo gucuruza intwaro mu buryo butemewe.


