Nigeria: Amamiliyoni y’abaturage akomeje kwigaragambya kubera ikiguzi cy’ubuzima kizamuka umusubirizo

Sangiza iyi nkuru

Miliyoni z’Abanya Nijeriya bari mu myigaragambyo y’ubugira kane mu gihugu kuva Bola Tinubu abaye perezida umwaka ushize.

Amamiliyoni y’Abanyanijeriya nta mashanyarazi afite nyuma yuko umuyoboro w’igihugu uhagaritswe mu rwego rwo guhagarika imyigaragambyo rusange bitewe n’izamuka ry’ubuzima.

Igihugu cyari mu icuraburindi nyuma gato ya saa mbiri za mugitondo ku isaha yaho (01:00 GMT) kuva ku Cyumweru.Indege nyinshi nazo zahagaritswe ku kibuga cy’indege gikunzwe cyane muri iki gihugu i Lagos, no mu murwa mukuru Abuja kubera imyigaragambyo.

Ihuriro ry’amashyirahamwe arasaba ko umushahara wiyongera cyane, kuko bavuga kavuga ko abakozi badashobora kubaho ku bahembwa 30.000 naira (£ 18; $ 22) ku kwezi.

Umufuka wumuceri Ubusanzwe ugura 75.000 naira ($ 56; £ 44) . Bisobanuye ko gutunga Umuryango bigoranye cyane ku buryo abenshi ari ba ntaho nikora.

Bwana Magaji ukora muri minisiteri y’uburezi mu mujyi wa Kano uherereye mu majyaruguru ya Lagos yavuze ko Guverinoma n’itagira icyo ikora mu kongera umushahara biba ibindi bindi.

Agira ati: “Ndahamagarira guverinoma kudutekereza no kongera umushahara kugira ngo tubeho kandi turye neza.Ntabwo bikwiye ko abayobozi bakuru ba leta binjiza miliyoni buri kwezi kandi abakozi bato binjiza make atadutunga.”

Uyu mukecuru w’imyaka 59 yavuze ko rimwe na rimwe agomba kugenda ku kazi n’amaguru kuko adashobora kwishyura amafaranga y’urugendo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *