Umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram kuri uyu wa 17 Ukuboza 2020 warekuye ku bushake abahungu 344 bo muri Nigeria washimuse mu minsi itandatu ishize.
Aya makuru dukesha BBC, yayahamirijwe n’umuvugizi wa Leta ya Katsina aba bana bashimutiwemo, Abdul Labaran.
Labaran yatangaje ko aba bana bagarutse bose uko bashimuswe, ndetse nta n’umwe ufite ikibazo, igisigaye ari ukubasubiza mu miryango yabo.
Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo abarwanyi ba Boko Haram bagabye igitero ku ishuri rya Kankara muri iyi leta.
Ku wa Kabiri tariki ya 15 Ukuboza, aba barwanyi bashyize hanze videwo bigamba gushimuta aba bana, ndetse batangaza ko amashusho yabo bose bayashyira ahagaragara bidatinze.
Kuva aba bana bashimutwa, bamwe mu banya-Nigeria ntibigeze bagoheka. Bahoraga mu myigaragambyo basaba ko aba bana barekurwa, bifashishishije ibyapa biriho ubutumwa bugira buti: “Mutugarurire abahungu.”
Hari impungenge ko Boko Haram ishobora kugumana aba bana nk’uko yabigenje ku bakobwa 276 yashimuse ku ishuri rya Chibok mu 2014, aho bamwe bagizwe abagore b’abarwanyi bayo. Aba bahungu bo hibazwaga niba batagiye gutozwa kuba intagondwa.


