Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, itariki 8 Mata, rishyira ku wa Kane, itariki ya 9 Mata 2026, ibitero byibasiye ibigo bya gisirikare muri Benisheikh, Pulka, na Munguno, mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria, ahabaye indiri y’intagondwa z’abajihadiste kuva mu myaka irenga 17 ishize.
Nk’uko amakuru yatangajwe na AFP avuga, mu gitero cyagabwe muri Benisheikh, muri Leta ya Borno, umuyobozi mukuru w’ingabo zihuriweho mu mujyi yishwe.
Amakuru menshi agera kuri AFP yemeje urupfu rwa Brig. Gen. O.O. Braimah muri iki gitero cy’ubugizi bwa nabi.
Ubu ni ubwicanyi bwa kabiri bukorewe umusirikare mukuru muri Nigeria mu mezi make gusa.
Ni umusirikare w’ipeti rya brigadier general wishwe mu gitero cy’iterabwoba muri Nigeria mu gihe kitarenze amezi atandatu.
Mu Gushyingo 2025, Brig. Gen. Musa Uba yatakaje ubuzima bwe mu gitero cyari kiyobowe na Leta ya Kisilamu muri Afurika y’Iburengerazuba (Iswap) ahitwa Damboa, muri Leta ya Borno n’ubundi.


