Nigeria: Polisi yagaruje abanyeshuri 20 inyeshyamba zari zarashimuse

Sangiza iyi nkuru

Polisi ya Nigeria, yavuze ko abanyeshuri 20 bari barashimuswe berekeza mu ihuriro ryabo bararekuwe nyuma yicyumweru kimwe bashimuswe.

Ku ya 15 Kanama, abantu bitwaje imbunda bafashe aba banyeshuri ubwo bari bagiye mu nama yabereye muri Leta ya Benue, rwagati. Ubwo bari mu muhanda muri convoy ya bisi ebyiri hafi y’umujyi wa Otukpo, nko mu birometero 93 uvuye i Enugu inyeshyamba zahise zibitambika zirabashimuta.

Kuri uyu wa Gatandatu rero, nibwo Polisi yasohoye itangazo ivuga ko abo banyeshuri barekuwe hatabayeho ingurane nk’uko abari barabashimuse babyifuzaga.

Umuvugizi wa polisi muri Nijeriya, Olumuyiwa Adejobi, yavuze ko kugirango inyeshyamba zirekure aba banyeshuri, habayeho amayeri akomeye ya polisi ariko nti

Yagize ati: “Turemeza irekurwa ry’abavandimwe na bashiki bacu ndetse n’abandi Banyanigeria bamwe bari bafungiwe mu ishyamba rya Ntunkon, muri Leta ya Benue. Barekuwe ku mayeri akomeye ya Polisi.”

Udutsiko twitwaje intwaro mu majyaruguru ya Nijeriya dushimuta abaturage, abanyeshuri ndetse n’abamotari kugira ngo babone incungu(Ingurane).

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *