Ku kibuga cy’indege cya Murtala Muhammed muri Nigeria, umugabo yuriye ibaba ry’indege itwara abagenzi yiteguraga guhaguruka.
Kompanyi itwara indege ya Azman Air yatangaje ko ejo ku wa 19 Nyakanga, 2019, umupilote yamenye ko uyu mugabo utigeze utangarizwa amazina ari hejuru y’indege. Yari yamaze kuyatsa ngo ayihagurutse arongera arayizimya.
Umwe mu bagenzi yafataga amashusho ubwo uyu mugabo yagendagendaga hafi aho, asatira indege ari na ko yasimbukiye ku ibaba ryayo. Abandi bahamagaraga abakozi babamenyesha iki kibazo.
Amakuru y’iyi kompanyi avuga ko yagendaga asatira igice cy’imbere umupilote atwariramo indege. Umupilote na we yahise ahamagara abashinzwe umutekano yifashishije itumanaho rikoreshwa mu ndege.
CNN ivuga ko abashinzwe umutekano bongeye gukora irindi genzura mbere gato y’uko indege yemererwa guhaguruka.
Ubuyobozi bwa Nigeria bwatangaje ko uyu mugabo yamaze gutabwa muri yombi kugira ngo akorerweho iperereza.
Â


