Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump atangaza ko Iran ishobora kwikururira ibyago yishora mu ntamabara n’igihugu cye kuko ari ryo herezo ryayo.
Hamaze iminsi hanugwanaugwa intambara hagati y’ibihugu byombi ahanini bitewe n’uko Iran yaba yarubuye umugambi wayo wogucura intwaro za kirimbuzi.
Mu butumwa yashyize ku rukuta rwe rwa twitter ku Cyumweru, Trump yahaye gasopo Iran ayibuza gucokoza igihugu cye.
Ati “ Niba Iran ishaka intambara, iryo niryo herezo ryayo. Mutazagerageza na rimwe gutera ubwoba Amerika.”
N’ubwo Trump avuga gutyo, BBC mu minsi ishize yatangaje ko Trump atumva ko gufatira ibihano igihugu cya Iran byavamo intambara hagati y’ibihugu byombi.
Trump ubwo yaganiraga n’abanyamakuru kuwa Kane w’icyumweru gishize, yabajijwe niba Amerika yitegura intambara, ati “ Si ko mbitekereza.”
Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Javad Zarif kuwa Gatandatu yabiwye ikinyamakuru Irna ko nta mpamvu y’intambara ihari yabaho hagati ya Iran na Amerika.
Ati “ Nta ntambara yabaho kuko tutayishaka. Nta n’umuntu n’umwe utekereza kuba yatera Iran.”
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
N’ubwo buri ruhande ruhakana ko ruri kwitegura intambara, hari amakuru avuga ko hari imyiteguro bucece iri gukorwa na buri ruhande kugira ngo ruzivune umwanzi igihe rwaba rutewe.


