Nkosazana Dlamini-Zuma wayoboye Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yarahiriye ku mwanya w’ubudepite mu ishyaka iri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo rya “African National Congress” (ANC).
Ikinyamakuru Eye Witness News cyatangaje ko yarahiriye mu biro by’umuyobozi mukuru wungirije w’Inteko Ishinga amategeko Lechesa Tsenoli, ku buryo ibirori byakozwe mu ibanga rikomeye.
Uko kugaruka mu Nteko Ishinga Amatageko nyuma y’imyaka itanu, bisa no kwitegurira guhatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika muri iki gihugu.
Nkosazana Zuma yaganiriye n’abanyamakuru amaze kurahira, ariko ntiyemeye ibyo yabajijwe ko ashobora kugirwa minisitiri.
Asimbuye Pule Mabe, weguye ku bushake bwe mu ntangirizo z’uku kwezi nkuko ikinyamakuru Daily Maverick kibivuga.
Abazi utuntu n’utundi basanga visis perezida w’iki gihugu Cyril Ramaphosa na Madamu Zuma aribo bazaba bari imbere mu bahatanira umwanya wa Perezida wa Afurika y’Epfo nyuma yuko Jacob Zuma uyobora iki gihugu azaba asoje manda ze.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ikinyamakuru Eye Witness News kivuga ko hari amakuru avuga ko Perezida Zuma azahindura abagize leta, kugira nga umwanya Nkosazana Zuma wigeze kuba umugore we.
Uyu mugore ahabwa icyizere cyo kuyobora iki gihugu, nyuma yuko yanze guhatanira umwanya wo gukomeza kuyobora Komisiyo ya Afurika Yunze ubumwe.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus @Bwiza.com


