pm2.jpg

Nta majyambere abaho urubyiruko rudahari- Min. W’intebe Dr Ngirente

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yatangarije urubyiruko rw’u Rwanda ko nta majyambere yagerwaho rudahari bityo arwibutsa ko ruzakomeza kugira uruhare mu guteza imbere ubukungu bw’igihugu.

Ibi Minisitiri w’Intebe yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Ukuboza 2019, mu Nkera y’Imihigo y’Urubyiruko “YouthConnekt Convention” yaberaga i Rusororo, mu Karere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali, aho yaganiraga n’urubyiruko rugera ku bihumbi bitatu.

Min. w’Intebe Dr Ngirente avuga ko 70% by’Abanyarwanda ari abafite munsi y’Imyaka 35[Urubyiruko] ndetse ko Guverinoma y’u Rwanda ifata urubyiruko nk’umusingi w’amajyambere,

Yagize ati “Guverinoma y’u Rwanda ifata urubyiruko nk’umusingi w’amajyambere, nta majyambere yabaho urubyiruko rudahari, nk’uko mubizi umubare w’abaturage bacu uko ungana. 70% by’abaturage bacu bari hasi y’imyaka 35, murumva ko igihugu cyacu gishingiye ku rubyiruko kandi hari byinshi byakozwe mu gihugu bitewe n’imbaraga z’urubyiruko”.

Yakomeje avuga ko muri Gahunda ya Guverinoma yo kwihutisha iterambere yatangijwe mu mwaka wa 2017 ikazarangira mu 2024 urubyiruko ruzakomeza kugira uruhare mu guteza imbere ubukungu bw’igihugu n’imibereho myiza y’abaturage.

Ati “Birumvikana ko rero ko imbaraga z’urubyiruko n’ubushishozi bwanyu aribyo bizafasha u Rwanda kwihutisha iterambere ry’ubukungu tugana ku cyerekezo twihaye gishingiye ku bukungu bushingiye ku bumenyi, kugira ngo tugere kuri iyo ntego urubyiruko rugomba kuba rufite ubumenyi buhagije butuma tujya ku isoko ry’umurimo tugahangana n’abandi”.

Umwe muri uru rubyiruko, Hirwa Ange Yvette avuga ko imbaraga zihari kandi n’ubushake buhari bityo ko mu gihe hari ikigo gishinzwe kureba imishinga ishoboka kikaba cyayifasha ikagera kure ko n’iyabo yakwitabwaho ikagera kure bifuza.

Hakorineza Albert wo mu Murenge wa Rusororo ari naho iyu muhango waberaga avuga ko nk’urubyiruko bakunze guhura n’imbogamizi mu kwihangira imirimo, ko imishinga baba bayifite ariko bakabura ubufasha.

Ati “Imishinga tuba tuyifite ariko tukabura ubufasha, muri iyi minsi hari gahunda Leta y’u Rwanda yateguye yo gufasha imishinga y’abantu bagiye batandukanye harimo abaturage hagendewe ku byiciro by’ubudehe dufite, tukaba dusaba ko natwe urubyiruko imishinga yacu yatekerezwaho ikaba yakwakirwa, tukaba twakwiteza imbere muri rusange”.

Uyu wari umunsi wa mbere w’Inkera y’Imihigo y’Urubyiruko, ikazamara iminsi itatu mu Ntare Arena i Rusororo. Urubyiruko rwatangiye gutanga ibitekerezo ndetse no kwitabira inama y’igihugu y’umushyikirano ahagana mu 2012, kuva uwo munsi rukaba rutanga ibitekerezo.

pm2.jpg

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Nta majyambere abaho urubyiruko rudahari- Min. W’intebe Dr Ngirente
    Mwiriwe ikibazo ese ko hari abarangizaga kwiga mumashuri makuru na kaminuza bagahita babangabanya muma company n’inganda kugirango ubumenyi bwabo babukoreshe none ubu ntabwo bingikorwa Hari abarangiza bakamera nk’abataringeze banakandangira mw’ishuri kuberiki?Kandi baba bangirango bateze imbere igihugu mubukenyi cyabahaye

  2. Nta majyambere abaho urubyiruko rudahari- Min. W’intebe Dr Ngirente
    Mwiriwe ikibazo ese ko hari abarangizaga kwiga mumashuri makuru na kaminuza bagahita babangabanya muma company n’inganda kugirango ubumenyi bwabo babukoreshe none ubu ntabwo bingikorwa Hari abarangiza bakamera nk’abataringeze banakandangira mw’ishuri kuberiki?Kandi baba bangirango bateze imbere igihugu mubukenyi cyabahaye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *