Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yasoje ku wa Gatandatu tariki ya 6 Mata 2019, urugendo yakoreraga muri Leta Zunze Ubumwe za Ameriaka. Yatangarije itangazamakuru ko atagendereye iki gihugu kugira ngo abonane na Perezida wacyo, ahubwo ko yari agamije gukomeza umubano hagati y’ibihugu byombi.
Mu kiganiro Perezida Tshisekedi yagiranye n’itangazamakuru muri Amerika mbere y’uko asubira mu gihugu cye, yashimangiye ko intego y’urugendo rwe muri Amerika ari ugutsura umubano hagati ya RDC na USA.
Yagize ati “Ntabwo naje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika by’umwihariko kubonana na Donald Trump. Nahaje mu rwego rwo gukomeza umubano hagati y’ibihugu byacu byombi. Mboneyeho n’akanya ko kumushimira ndetse n’abo bafatanyije kuyobora”.
Muri uru ruzinduko yagiriye muri Amerika, Perezida Tshisekedi yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta, Michael Richard Pompeo. Nk’uko yabitangaje Pompeo yavuze ko baganiriye ku ejo hazaza h’ibihugu byombi (USA &RDC), ndetse n’inyungu ku mpande zombi zishingiye ku mubano bifitanye.
Mbere yo gusoza urugendo rwe, Perezida Tshisekedi n’umufasha we basuye imva ya Perezida Kennedy. Amerika ibicishije ku rukuta rwa Twitter ikaba yagize iti “Tunejejwe cyane no gukorana na Perezida wa Congo hagamijwe kwimakaza amahoro n’uburumbuke bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo”.
Uru ni uruzinduko rwa Mbere Perezida Felix Tshisekedi agiriye hanze y’umugabane wa Afurika nyuma y’aho agiriye ku buyobozi, mu mezi agera kuri atatu abumazeho.


