‘Ntabwo tugikora imishyikirano na Guverinoma ya Kinshasa byarararangiye’ Kanisius Munyarugero

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi w’ungirije w’umutwe wa M23 mu bya Politiki Bwana Canisius Munyarugero, yemeza ko kugeza ubu nta mishyikirano bagishaka hagati ya Guverinoma ya Kinshasa na M23 , ahubwo ngo barikuyikorana n’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi Canisius yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Mama Urwagasabo kuri uyu wa Kabiri, avuga ko bo nka M23 bagerageje gushyikirana no gusaba ibiganiro bigamije amahoro na Leta ya Congo ariko ikinangira none na bo ngo birahagije nta yindi mishyikirano bazasaba byararangiye keretse iyo bagirana na baturage gusa.

Yagize ati”Ubu ntabwo tugikora imishyikirano na Guverinoma y’i Kinshasa byararangiye, turimo turayigirana n’abaturage bagenzi bacu b’abanyekongo.Nibemere tugendane mu ndirimbo imwe, bemere twambare umwambaro umwe,tuvuge rumwe , ubwo butegetsi butumarishije buveho haze ubundi bunyuze mu mucyo.”

Canisius kandi yavuze ntako batagize bahendahenze ubutegetsi , ariko ngo kugeza magingo aya Perezida Tshisekedi igihugu akigejeje aharindimuka none bikaba bihagije kugirango ubutegetsi buhinduke.Igihe rero ngo kirageze ngo bishakire amahoro bakoresheje izindi nzira.

Impamvu ishingirwaho ngo igihe kibe kigeze bishakire amahoro, n’uko ngo bamaze imyaka ibiri bategereje ibiganiro bakanitabaza imiryango mpuzamahanga ariko bikaba byaranze bakananirwa ahubwo bagakomeza kwicirwa ku rwara nk’inda.

Avuga ko amatora aherutse kuba muri Congo yabaye balinga kuko ngo Tshisekedi yaritoye akoresheje abambali be bagiye bajyana imashini z’amatora mu mazu yabo bakamutora.Ati”Ntabwo yatowe yaribye, yaritoye.Igiteganywa n’amategeko nicyo cyagakwiye gukurikizwa.”

Kugeza ubu ngo imirwango iracyakoje kuko Leta ya Congo ikomeje kubashotora nabo bakirwanaho nk’uko bisanzwe no kurinda abaturage.Yongeyeho ko ibyo abona nk’igisubizo kirambye ari uko FARDC yamanika amaboko ikaza ikifatanya na M23 gukuraho ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Mu mpera za 2022 umutwe wa M23 watangaje ko wemeye guhagarika imirwano ariko ugasaba kuganira na Leta ya Congo ndetse iva mu bice byaberagamo imirwano muri Kivu ya Ruguru, mu rwego rwo gutanga agahenge ariko kuva icyo gihe aba barwanyi b’uyu mutwe barategereje baraheba kugeza ubwo uyu munsi Munyarugero atangaje ko batagitegereje iyo mishyikirano.

Ni mu gihe kandi M23 iherutse kwihuza n’ihuriro ry’amashyaka (AFC), rya Coloneille Nangaa wahoze ari Perezida wa Komisiyo y’Amatora muri RDC, ariko ubu akaba atakivuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. ‘Ntabwo tugikora imishyikirano na Guverinoma ya Kinshasa byarararangiye’ Kanisius Munyarugero
    Kuri Facebook sinzi impamvu umuntu atakibabona? Ngerageza no gu searching bikanga kd nimpamo amakuru yanyu aranyura.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *