Nyamagabe: Umugabo akurikiranweho gusambanya abana 3 b’imyaka itandatu

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha urwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe kuri uyu wa Kane ushize, itariki 08 Mata 2021 bwashyikirijwe dosiye y’umugabo ucyekwaho icyaha cyo gusambanya abana batatu b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka itandatu.

Ku itariki ya 21 Werurwe 2021 nibwo mu Mudugudu wa Ramba, Akagali ka Ramba, Umurenge wa Mata, Akarere ka Nyaruguru, hagaragaye uyu mugabo ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana batatu b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka itandatu.

Nk’uko tubikeha Ubushinjacyaha Bukuru, umwana umwe mu basambanyijwe avuga ko yari kumwe na bagenzi be babiri aho bari bari gutora inkwi , uyu mugabo abashukisha amandazi arangije arabasambanya.

Abana baratashye babibwira ababyeyi, nabo babivuga mu nama y’abaturage yabaye bukeye bwaho ku itariki ya 22 Werurwe 2021. Ubuyobozi bwahise busaba ko abana bahohotewe bajyanwa kwa muganga, uregwa nawe arakurikiranwa.

Uregwa aramutse ahamwe n’icyaha akurikiranweho, yahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu. Icyaha cyo gusambanya umwana giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 4 y’ Itegeko no 069/2019 ryo ku wa 8/11/2019 rihindura itegeko no 068/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ ibihano muri rusange.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *