Kuri uyu wa Gatanu mu cyumba cy’inama cy’Umujyi wa Kigali habaye amatora y’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wagombaga gusimbura Monique Mukaruliza uherutse guhindurirwa inshingano. Nyamurinda Pascal akaba ari we watorewe kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali mushya.
Abakandida babiri nibo bahataniraga uyu mwanya w’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ari bo; Nyamurinda Pascal na Umuhoza Aurore.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Bwana Nyamurinda Pascal yari asanzwe ari Umuyobozi w’ikigo gishinzwe indangamuntu (NIDA) kuva mu 2007 ubwo wari umushinga NID (National ID Project), akaba aherutse gukurwa kuri uyu mwanya n’inama y’abaminisitiri yo kuwa 03 Gashyantare 2017.
Naho Madamu Umuhoza Aurore bari bahanganye, yari umuhuzabikorwa wungirije w’inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Nyarugenge (CNF).

Dennis Ns./Bwiza.com





