img_20241008_113732726_burst0001_cover-2048x922.jpg

Nyarugenge: Mu Miduha moto zakozwemo umukwabu

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’uko Polisi imaze iminsi yihanangiriza abatwara moto zitujuje ibyangombwa n’andi makosa yo mu muhanda, mu gitondo cyo kuri uyu Kabiri,tariki ya 8 Ukwakira 2024,abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bazindukiye Nyamirambo ahazwi nko mu Miduha hafatwa moto nyinshi ziregwa ibyaha bitandukanye.

Mu kwezi gushize Polisi y’u Rwanda yibukije abamotari ko bitemewe gutwara umugenzi ufite n’umuzigo ugaragara ko ari munini, kandi ubangamiye umugenzi n’ibindi binyabiziga bikoresha umuhanda. Iyo nama yari yahuje abamotari bo mu Mujyi wa Kigali n’izindi nzego zirimo Polisi y’u Rwanda, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, RURA n’Ikigo k’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Amakoperative,RCA yarebaga ku myitwarire y’abamotari no kongera kubaha impanuro zo kwirinda ibyaha n’impanuka.

Polisi ivuga ko amakosa akorwa n’abamotari akomeje kwiyongera kuko hari n’abagerageza guhisha ibiranga moto zabo kugira ngo bazikoreshe ibihabanye n’amategeko.Hari abandi yavumbuye bahisha nimero za moto cyangwa bagahindura imwe mu mibare n’inyuguti zizigize bagambiriye kudatahurwa ku makosa bakoze.

Ibikorwa bya Polisi byo gufata abarenga ku mabwiriza agenga umuhanda n’uburyo bwo kuwugendamo bakabangamira urujya n’uruza bizakomeza, uzabifatirwamo wese akabihanirwa.

img_20241008_113732726_burst0001_cover-2048x922.jpg
img_20241008_112855_576-2048x922.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *