img-20220415-wa0016.jpg

Nyaruguru: Bibutse abazize jenoside barenga ibihumbi 30 biciwe i Kibeho

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa 14 Mata 2022, mu karere ka Nyaruguru bibutse ku nshuro ya 28 inzirakarengane z’Abatutsi basaga ibihumbi mirongo itatu (30,000) biciwe mu Kiliziya ya paruwasi gatolika ya Kibeho no mu nkengero zayo mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nk’uko Muhizi Bertin uhagarariye umuryango IBUKA mu karere ka Nyaruguru abivuga, Abatutsi basaga 30,000 biciwe i Kibeho bari baturutse mu byahoze ari komini Mudasomwa, Rwamiko, Kivu na Mubuga bahungira mu Kiliziya ya paruwasi gatolika ya Kibeho no mu nkengero zayo bumva ko ubwo ari mu ngoro y’Imana bazahabonera amahoro.

Ariko ntibaharokokeye kuko ku matariki ya 13 na 14 Mata 1994, Interahamwe zaturutse muri Mudasomwa zaraje, zifatanya n’abasirikare ndetse n’abaturage bari batuye hafi y’i Kibeho birara muri abo Batutsi babica urw’agashinyaguro.

Muhizi yagize ati: “Abatutsi benshi bari bahungiye hano baturutse mu byahoze ari komini Mudasomwa, Rwamiko, Kivu na Mubuga. Bumvaga ko ari ku ngoro y’Imana, bazaharokera. Ariko siko byagenze kuko kuva ku itariki ya 13 Mata 1994, ibitero byatangiye kuza, babicira aha turi.”

Muhizi akomeza avuga ko abarokokeye jenoside i Kibeho bataheranywe n’amateka mabi ya jenoside, ko ahubwo ubu biyubatse kubera imbaraga bavana mu budasa bw’ubuyobozi bwiza bwa Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda.

Kwiyubaka nyuma y’amateka mabi ya jenoside ni na byo byagarutsweho na Jerome Rugema warokeye aho i Kibeho ubwo yari afite imyaka 16. Yagize ati: “Nyuma yo kurokoka ubwicanyi bwa hano, nasubiye ku ntebe y’ishuri, ndangiza amashuri abanza nari naracikije, njya mu yisumbuye, none ubu ndarangiza na Kaminuza. Ntabwo twaheranywe.”

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yihanganishije abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi, aranabakomeza. Yongera guhamagarira abaturage b’intara ayobora kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside aho iva ikagera.

Guverineri Kayitesi yagize ati: “Turihanganisha abacitse ku icumu, by’umwihatiko abafite ababo baburiye ubuzima hano.(..). Ikindi ni ugusaba abatuye intara y’Amajyepfo by’umwihariko, kuba hafi y’abarokotse jenoside muri iki gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka. Birinde ibikorwa bibi birimo ingengabitekerezo ya jenoside.”

Muri uyu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 28 kandi basuye urwibutso rwa jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kibeho, hashyirwa indabo ku mva ishyinguyemo imibiri ihashyinguwe, irunamirwa.
img-20220415-wa0016.jpg
img-20220415-wa0020.jpg
img-20220415-wa0021.jpg
img-20220415-wa0022.jpg
img-20220415-wa0019.jpg
img-20220415-wa0018.jpg
img-20220415-wa0023.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *