Nyaruguru: Umugabo wari umaze amezi 2 arongoye umukobwa w’imyaka 15 yafunzwe

Sangiza iyi nkuru

Umugabo w’imyaka 38 witwa Ndungutse James, utuye mu Mudugudu wa Kibayi, Akagari ka Mpanda, Umurenge wa Kibeho, Akarere ka Nyaruguru, ubu afunzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho icyaha cyo gusambanya umwangavu twise NS.

Uyu mukobwa ufite imyaka 15 y’amavuko yiga mu mwaka wa 6 w’amashuri abanza. Amakuru ahari avuga ko Ndungutse yamucyuye mu rugo, bakaba bari bamaze amezi abiri babanye nk’umugore n’umugabo.

Nk’uko nyina wa NS, Josephine Nyirangayabera ndetse n’abaturanyi babivuga, Ndungutse wari umaze icyo gihe cyose abana n’uwo mwana ngo baje gushwana aramukubita. Umwana yararakaye ahita ajya kumurega kuri RIB arafatwa.

Uyu mugabo Ndungutse afite undi mugore. Ngo yigeze kugirana agakungu na NS mu mwaka ushize wa 2019. Bitangiye gusakuza ko yaba amusambanya, na nyina yagiye kumurega ku ishuri, NS yahise ava mu rugo aragenda.

Nyina yaketse ko yagiye kwa se umubyara utuye mu Murenge wa Munini ariko andi makuru akamubwira ko akora akazi ko mu rugo mu mujyi wa Huye. NS yagarutse mu kwezi kwa Nzeri 2020 ahita ajya kubana na Ndungutse mu rugo rwe nk’umugabo n’umugore.

Uyu mubyeyi w’uyu mwana, asa n’uwari waramukuyeho amaboko kuko amwita ikirumbo, ku buryo ngo yavuze ko NS azasubira mu rugo nabishaka. Yagize ati: “Umwana se ntakubera ikirumbo akakunanira? N’ubundi yari ikirumbo.”

Bwiza.com yavuganye n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibeho, Vianney Karegeya, yemeza ko Ndungutse yafashwe. Gusa twongeye kumuhamagara kuri telephone igendanwa ngo aduhe andi makuru anatange ubutumwa ku baturage, ntiyaboneka.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry, kuri telephone igendanwa, yemeje inkuru y’uwo mugabo Ndungutse James afunzwe, avuga ko afungiwe kuri sitasiyo ya Kibeho kuva kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2020. Akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana.

Icyegeranyo cya Minisiteri y’Ubuzima (Minisante) cyerekana ku muri 2019 abana babyaye bari munsi y’imyaka 19 ari 23628. Ibirego byageze kuri RIB ni 1996. Ni ukuvuga munsi ya 9%.
Domice Gasarabwe

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *