Nyaruguru: Umusaza w’imyaka 60 akurikiranyweho gusambanya umwana, ngo yabitewe n’amadayimoni

Sangiza iyi nkuru

Umusaza w’imyaka 60 y’amavuko witwa Gahongayire Theophile utuye mu mudugudu wa Kiramutse, akagari Ka Cyuna, umurenge wa Rusenge, akarere Ka Nyaruguru, akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuturanyi we, w’imyaka 15, ku buryo yari yarabigize akamenyero.

Amakuru yuko umwana yahohotewe yatanzwe n’umugore wa Gahongayire nyuma yo gusanga umugabo we n’umwana bari mu nzu mu rugo rwe, bikingiranye, agatabaza. Umwana ngo yasohotse mu nzu arira avuga ko Gahongayire amufashe ku ngufu.

Umuyobozi ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Kiramutse, Sibomana Emmanuel, avuga ko bishoboka ko bari basanganywe ngo kuko umwana atigeze avuza induru kandi byarabereye mu rusisiro rw’inzu zituwemo, kandi ku manywa, bikaba bikekwa ko bari bamenyeranye.

Mutekano yagize ati: “Baraturanye mu rusisiro rw’inzu nyinshi zegeranye (..). Umwana avuga ko yari agiye gutira najoro yo kwahira ubwatsi bw’inka. Hanyuma umusaza agahita amukingirana, akamusambanya.(..). Ariko umwana yatangiye kurira yumvise ko iwabo bagiye kubimenya. Bari basanganywe kuko bamaze umwanya munini mu nzu umwana ntiyataka.”

Gahongayire yemeye icyaha, avuga ko yabitewe n’amadayimoni, nk’uko Mutekano abivuga.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’unurenge wa Rusenge, Speciose Muhimpundu, yabwiye Bwiza.com ko umwana yoherejwe kwa muganga gupimwa; umuryango we ugasabwa gutanga ikirego.

Naho Gahongayire yashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), sitasiyo ya Kibeho, ngo akurikiranwe.

Gitifu Muhimpundu arasaba kandi abaturage b’umurenge wa Rusenge kongera imbaraga mu kurinda abana. Yagize ati: “Hakenewe ubukangurambaga bwisumbuye mu nteko z’abaturage, mu mashuri no mu nsengero kugirango abantu bose bamenye uburenganzira bw’umwana, kumurinda n’ibihano bihabwa uhohotera umwana.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *