Nsanzimfura Keddy usanzwe akina hagati mu kibuga mu kipe ya APR FC, yamaze kubengukwa n’ikipe ya Jagiellonia Bia?ystok yo mu kiciro cya mbere muri Pologne.
Amakuru avuga ko iyi kipe yifuza Keddy ndetse nta gihindutse akaba anashobora kuyerekezamo mu gihe cya vuba.
Ni nyuma ya rutahizamu Lague Byiringiro wamaze kubengukwa na FC ZĂĽrich yo mu Busuwisi, ndetse akaba anagomba gusura iyi kipe hagati y’itariki ya 09 n’iya 19 Mata.
Jagiellonia yifuza Nsanzimfura Keddy ibarizwa mu mujyi wa Bia?ystok uherereye mu majyaruguru ashyira Uburasurazuba bwa Pologne.
Ni ikipe idafite ibigwi biremereye cyane kuko igikombe gukomeye ari icy’igihugu yatwaye muri 2010, binayihesha gukina imikino ya UEFA Europa League yagarukiyemo muri round ya gatatu.
Umwaka mwiza w’imikino iyi kipe yagize ni uwa 2016/17 n’uwa 2017/18 yarangijemo ku mwanya wa kabiri muri shampiyona ya Pologne, mu gihe mu mwaka ushize yasoje shampiyona ari iya munani.
Mu gihe shampiyona ya Pologne ibura imikino umunani ikarangira, Jagiellonia Bia?ystok iri ku mwanya wa 12 mu makipe 16 n’amanota 28, gusa hagati yayo n’ikipe ya kane hari ikinyuranyo cy’amanota atanu yonyine.
Ikipe ya Legia Warsaw ikunze kwitabira imikino ya UEFA Champions league ni yo iyoboye shampiyona ya Pologne n’amanota 48.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


