Diego da Silva Costa ukomoka muri Brazil, akaba na rutahizamu w’ikipe ya Chelsea biravugwa ko yongeye kwifuzwa n’ikipe ya Atletico Madrid yo muri Espagne.
Ibi bitangajwe vuzwe nyuma yaho byagiye bivugwa ko uyu musore Diego yaba ari ku ikubitiro mu birukanishije uwahoze ari umutoza we muri Chelsea, Jose Mourinho.

Atletico yatangaje ko yiteguye kurekura miliyoni 45 z’amapawundi yegukane uyu musore, kugeza ubu biracyashidikanywaho kumurekura kuko ari mu bakinnyi bafatiye runini ikipe ya Chelsea.
Chelsea ngo iramutse yemeye kurekura Costa byaba bibaye intandaro yo gushakira isoko rutahizamu wa Atletico Madrid Jackson Martez ukomoka mu gihugu cya Colombia ariko bikaba bikiri mu biganiro.
Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Goal, ngo ikigaragara mu byatumye Diego Costa atagurishwa igitaraganya, ni Umuherwe Roman Abramovich utangaza ko rutahizamu we yabashije gutsinda ibitego 6 mu mino 6 bityo bikaba bitoroshye kumurekura.
Uyu musore w’imyaka 27 y’amavuko bivugwa ko ari umwe mu bashinjwa gukora akazu kirukanishije uwahoze ari umutoza wa Chelse Jose Mournho nyuma yo kutagaragaza umusaruro ku bushake.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@ Bwiza .com


