Nyuma yo kurata igikombe, umuzamu wa Liverpool yakiriye ubutumwa bw’iterabwoba

Sangiza iyi nkuru

Polisi yo mu Bwongereza iri gukora iperereza ku baba boherereje ubutumwa umunyezamu w’ikipe ya Liverpool, Loris Karius  nyuma y’uko iriya kipe ibuze igikombe cya Champions League, ku munota wa nyuma w’irushanwa bumubwira ko bazamwica.

Uyu munyezamu yagaragaye cyane arimo yisobanura anasaba imbabazi abafana b’ikipe ye kuri stade nyuma y’umukino ndetse yongera no kwisegura mu kiganiro n’itangazamakuru ko nyuma y’umukino aho yasabaga imbabazi avuga ko ibyabaye na we atari we ariko ko yemera ko hari amakosa yabayeho.

Uyu munyezamu, Loris Karius ashinjwa kuba ari we watsindishije ibitego 2 muri 3 ikipe ye ya Liverpool yatsinzwe bigahesha intsinzi Real Madrid yegukanye igikombe ku bitego 3-1 mu ijoro ryo kuwa Gatandatu w’icyumweru gihise.

Uyu munyezamu ashinjwa uburangare muri uyu mukino bwanatumye ikipe ye idatwara igikombe, nyamara we akavuga ko atari uburangare bwe nk’uko babivuga ahubwo ko ntako atari yagize.

Mu butumwa bugufi yakiriye nyuma y’umukino harimo ubugira buti”Nzakugirira nabi, abana bawe bose barakicwa na Cancer, umuryango wawe wose uragapfa n’igindi yagiye yohererezwa n’abafana batandukanye.”

Umuvugizi wa polisi avuga ko hari gukorwa iperereza ku baba baranditse ayo magambo mabi ku mbuga nkoranyambaga ku rukuta rw’uyu mukinnyi bityo abo bifashe bagahanwa hakurikijwe ibiteganywa n’amategeko.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *