Nyuma yo kurongora, Justin Bieber avuga ko agerageza gutera ikirenge mu cya Yesu

Sangiza iyi nkuru

Nyuma yo gutangaza ku mugaragaro ko yashyingiranwe na Hailey Baldwin, umuhanzi Justin Bieber yashimye intambwe yateye na nyagasani wabimufashijemo.

Uyu muhanzi w’imyaka 24 y’amavuko, yagize ati “buri gihe urukundo ntabwo ruba rworoshye” akomeza avuga ko yagerageje kubaho nka Yesu, yihangana ndetse anirinda kuba nyamwigendaho.

Abicishije ku rukuta rwe rwa Instagram akurikirwaho n’abasaga miliyoni 120, Bieber yagize ati ‘Igikorwa cya mbere cyo gushima Imana nk’umugabo wubatse,… ubucuti burakomeye ntabwo buba bworoshye, gusa ndashima Yesu wanyeretse inzira, buri gihe ruba ari urugendo rwo kugira icyo umuntu yiyungura, agerageza kwisanisha na we (Yesu), kwiyoroshya, ubwitonzi, kutikunda, musore wanjye, rwari urugendo rurerure gusa inema ya nyagasani irahagije”.

Byatangiye kuvugwa ko Bieber na Baldwin baba barafashe icyemezo cyo kubana muri Nzeri uyu mwaka, gusa mu cyumweru gishize nibwo uyu musore yise uyu mukobwa umugore we, abicishije kuri Instagram yagize ati “My wife” cyangwa se ‘Umugore wanjye’.

Justin Bieber ni umuhanzi w’imyaka 24 y’amavuko wamamaye ku ndirimbo nka Sorry n’izindi, Hailey Baldwin babanye ni umunyamideli w’imyaka 22.

j

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *