Louise Mushikiwabo, yagize Umunya-Tunisia, Mourad Ben Dhiab, umuyobozi w’ibiro bye (Chef de cabinet) mu muryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, bifite icyicaro I Paris mu Bufaransa.
Mourad wahoze ari umudipolomate, n’umunyamategeko wabihuguriwe, yinjiye mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe i Addis Abeba nk’umunyamategeko mukuru mu biro by’umujyanama mu by’amategeko, nyuma azamurwa ku mwanya w’Umunyamabanga wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mbere yo kwinjira mu bakozi ba Perezida wa AU.
Urubuga Leaders Tunisie ruravuga ko Mourad Ben Dhiab yatangiriye imirimo ya dipolomasi muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga mu 1992, akoherezwa gukora muri ambasade ya Tunisia I Bamako, mu 1996, ndetse no muri ambasade ya Tunisia i Addis Abeba kuva mu 1999 kugeza mu 2002.
Asubiye muri Tunisia, yagizwe umuyobozi w’ishami, mu buyobozi bukuru bw’imiryango n’inama mpuzamahanga no mu ishami ry’uburenganzira bwa muntu.
Mourad akaba yinjiye mu muryango wa OIF nyuma y’igihe gito uwari numero ya kabiri muri uyu muryango, Umunyakanadakazi, Catherine Cano, yeguye ku mirimo ye kubera ubwumvikane bucye na bagenzi be bakoranaga.


