OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar

Sangiza iyi nkuru

Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (WHO/OMS) wanze umuti wa Coronavirus (Covisd-19) wamaze kwemezwa n’Umukuru w’Igihugu cya Madagascar, Andry Rajoelina tariki ya 20 Mata 2020.

Perezida Rajoelina yavuze ko uyu muti witwa Covid-Organics wakozwe mu kimera cyo muri iki gihugu cyitwa Artemisia, gisanzwe cyifashishwa mu kuvura indwara zirimo Malariya.

Ubwo yamurikiga uyu muti wakorewe mu kigo cy’ubushakashatsi cya IMRA, Perezida Rajoelina yagaragaje ko bawufitiye icyizere kuko wamaze gukiza abarwayi babiri ba Covid-19. Nyuma yaho yavuze ko utangira guhabwa abatishoboye ku buntu ndetse n’abanyeshuri batangira kuwunywa, gake gake.

Uyu muti ngo wagira ingaruka mbi ku buzima kurusha uko wakiza abantu

Umunyamabanga Mukuru wa WHO, Dr. Tedros Adhanom yasohoye itangazo rigenewe itangazamakuru ryamagana uyu muti kuko ngo “Nta gihamya cy’uko uyu muti warinda ukanavura iyi ndwara”, ko “ Nta nzira y’ubusamo ihari yo kurwanya Covid-19”.

Ikigo cy’igihugu cy’ubuvuzi, ANAMEM gifite impungenge ku buzima bw’abenegihugu bazanywa uyu muti mu gihe utaremezwa n’inzego mpuzamanga zibifite mu nshingano nka WHO.

Umushakashatsi muri Kaminuza ya London, Prof. Brian Klaas mu nkuru ya BBC abona ko imyumvire ya Perezida Rajoelina kuri uyu muti ishobora guteza ibibazo. Ati: “[Umuti] uzatuma umutekano w’umubiri wabo uba muke, batangire gukora ibintu bidasanzwe cyangwa ubatere izindi ngaruka mbi.” Indi mpamvu uyu muhanga yagaragaje impungenge kuri uyu muti, ni uko urwego rw’ubuvuzi muri Madagascar rukiri hasi cyane.

Ingingo yo kuvogera ubusugire bw’igihugu

WHO yanze uyu muti kubera ko itizeye ibyavuye mu bushakashatsi bw’iki gihugu, mu gihe Perezida Rajoelina yanzuye ko ugomba gukwirakwizwa mu baturage kugira ngo bakire, abandi birinde. Uyu muryango ufite impungenge ku buzima bw’abanya-Madagascar banywa uyu muti, ufite ububasha bwo kuwuhagarika?

Ranoromaro ukuriye ibiro bya Perezida Rajoelina yavuze ko uyu Mukuru w’Igihugu yemeza uyu muti, yari azi ko WHO igomba kubahiriza amahame yayo, gusa ngo iki ni ikibazo cy’ubusugire bw’igihugu [butagomba kuvogerwa]. Ati: “[Rajoelina] afite inshingano ku baturage ba Madagascar.”

Ni agashya Madagascar yaba ikoze

Ibihugu bikomeye nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, u Bufaransa n’u Bushinwa byagerageje imiti n’inkingo byatekerezwaga ko yahashya iki cyorezo. Hageragejwe umuti umwe wari usanzwe nka Chroloquin n’uruvange rw’indi miti ariko byarananiranye.

Abashakashatsi mu bihugu bitandukanye nabo ntibatuje, baracyashaka umuti cyangwa se urukingo, kugira ngo bakize Isi iki cyago kimaze gutwara ubuzima bw’abarenga 184,000.

Mu bushakashatsi bwakozwe, ni ubwa mbere Umukuru w’Igihugu yemeje ko habonetse umuti w’iyi ndwara. Uyu ni Andry Rajoelina wa Madagascar, abiganjemo Abanyafurika bakomeye amashyi, ashyigikirwa n’abarimo Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.

Mu kiganiro cyifashishije uburyo mpuzashusho bw’iyakure, Perezida Tshisekedi yagiranye na Rajoelina kuri uyu wa 22 Mata 2020, yamushimiye ku bw’aka gashya igihugu cye cyakoze ko kuvumbura umuti wa Covid-19. Nyuma y’iki kiganiro, Rajoeline yagize ati: “Afurika yunze ubumwe kandi irashaka ibisubizo byo kurwanya Covid-19 yifashishije umutungo kamere wayo.”

WHO, Afurika n’ibindi bihugu bikwiriye gukora iki?

Mu gihe cy’imihangayiko, biba ngombwa ko umuti w’ikibazo ushakisha muri buri ruhande. Ni byo umurongo uyu muryango mpuzamahanga washyizeho ntabwo wahita wemeza ko uyu muti wavura Covid-19 ariko ikizima kurushaho ni ugufatanya na Madagascar gukora ubushakashatsi bwimbitse, bakamenya niba koko uyu muti wavura.

Ibi kandi byagirwamo uruhare n’ibindi bihugu byagerageje gushaka umuti n’urukingo ariko bikabura ibisubizo, kimwe n’ibikigerageza. Ubufatanye buramutse bubayeho, uyu muti ukemezwa, haba inyigo yo kuwongera, ukaba wahabwa benshi mu batuye Isi.

Soma Izindi Nkuru

16 Responses

  1. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    Nubwo uyu muti waba ukora neza 100% ntabwo wakwemerwa na OMS kuko nta Cyiza cyava muri Africa Noir. iyaba ari USA,France,China,Russia,UK, bawuvumbuye uba wakijwe amashi yombi.Gusa Felicitation kuri Madagascar!!!!!

  2. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    Nubwo uyu muti waba ukora neza 100% ntabwo wakwemerwa na OMS kuko nta Cyiza cyava muri Africa Noir. iyaba ari USA,France,China,Russia,UK, bawuvumbuye uba wakijwe amashi yombi.Gusa Felicitation kuri Madagascar!!!!!

  3. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    None se ntiziko Abazungu bamaze guca burundu malaria iwabo bakabigeraho,bahise babuza ko Afrika yayikoresha,kuko bakeneye ko tutiyongera

  4. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    None se ntiziko Abazungu bamaze guca burundu malaria iwabo bakabigeraho,bahise babuza ko Afrika yayikoresha,kuko bakeneye ko tutiyongera

  5. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    Hahhhh! Ngo WHO ntiwemera? Byari byitezwe cyane. Udatanzwe na European country, USA,China, cg Russia ntiwakwemerwa. Ariko aba margash nibakira abo biyemezi bazaceceka. Vive l’afrique. Babwiwe n’iki se ko ubuvuzi bwabo buri hasi?

  6. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    Hahhhh! Ngo WHO ntiwemera? Byari byitezwe cyane. Udatanzwe na European country, USA,China, cg Russia ntiwakwemerwa. Ariko aba margash nibakira abo biyemezi bazaceceka. Vive l’afrique. Babwiwe n’iki se ko ubuvuzi bwabo buri hasi?

  7. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    ibi nibyo kbs aho kuwamagana bawukorera ubushakashatsi bwimbitse union fait la force

  8. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    ibi nibyo kbs aho kuwamagana bawukorera ubushakashatsi bwimbitse union fait la force

  9. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    a black man is always suspect

  10. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    a black man is always suspect

  11. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    congé kuba margach ayinya barajyahe se ko bagaragaye ko baciririts,uko nukwihagararako amaherez nibabona africa barimwo bakira bazemere tubahe,USA,UE,UK nibemere bashyire hasi ubujiji bita ubwenge kand urupfu

  12. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    congé kuba margach ayinya barajyahe se ko bagaragaye ko baciririts,uko nukwihagararako amaherez nibabona africa barimwo bakira bazemere tubahe,USA,UE,UK nibemere bashyire hasi ubujiji bita ubwenge kand urupfu

  13. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    Bawufate bawuhe umwe mubarwyi babo nadakira babone kuvuga ko utavura

  14. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    Bawufate bawuhe umwe mubarwyi babo nadakira babone kuvuga ko utavura

  15. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    Ahubwo jyewe gize ubwoba ubwose nibabona ukiza Abantu ntibaza wunjyana iwabo bakavura bene wabo twe tugasigara cg bikaragira bishe uwo muyo bozi rajoel nyamara tuzawugura mehsi bawita uwabo pe

  16. OMS n’abashakashatsi banze umuti gakondo wa Covid-19 wemejwe na Perezida wa Madagascar
    Ahubwo jyewe gize ubwoba ubwose nibabona ukiza Abantu ntibaza wunjyana iwabo bakavura bene wabo twe tugasigara cg bikaragira bishe uwo muyo bozi rajoel nyamara tuzawugura mehsi bawita uwabo pe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *