P. Kagame yagendereye Sénégal mbere yo kwerekeza mu birwa bya Carraà¯bes

Sangiza iyi nkuru

Perezida Paul Kagame ari i Port of Spain mu gihugu cya Trinidad & Tobago, aho yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zigize ibihugu bihuriye mu muryango w’ibirwa bya Carraà¯bes.

Ni inama yahuriranye n’isabukuru y’imyaka 50 uriya muryango wa CARICOM umaze ushinzwe.

Mbere y’uko Umukuru w’Igihugu agera i Port of Spain ku wa Kabiri yari yabanje kunyura i Dakar muri Sénégal, agirana ibiganiro na Perezida Macky Sall wa kiriya gihugu.

Ubutumwa bugaragara kuri Twitter y’ibiro bya Perezida wa Sénégal buvuga ko “ku manywa yerekeje ku kibuga cy’indege cya Léopold Sedar Senghor mu rwego rwo kwakira mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda.”

Umukuru w’Igihugu yanyuze i Dakar mu buryo bwo kuharuhukira mbere y’uko asubukura urugendo rwe.

Perezidansi ya Sénégal yunzemo ko we na mugenzi we Macky Sall “bagiranye ibiganiro.”

Ntihigeze hatangazwa ibikubiye mu biganiro abakuru b’ibihugu byombi bagiranye.

Perezida Kagame yakiriwe na Macky Sall cyakora mu gihe hari hashize amasaha make Perezida wa Sénégal afashe icyemezo kiremereye cyo kutiyamamariza Manda ya gatatu mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2024.

Ni icyemezo Perezida Sall yatangarije kuri Televiziyo y’Igihugu ku wa Mbere w’iki cyumweru “nyuma yo kugitekerezaho n’ubushobozi bwinshi.”

Perezida Macky Sall yatangaje ko ataziyamamariza Manda ya gatatu mu gihe yari amaze igihe ku gitutu cy’imyigaragambyo ikomeye y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.

Yavuze ko Sénégal irenze we, ndetse iki gihugu kikaba gifite abandi bantu bashobora kugifasha kugera ku iterambere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *